IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda yo guhatanira Igikombe cy’Irushanwa rya Basketball Africa League [BAL 2026]  yageze muri 1/2 isezereye FUS de Rabat yo muri Maroc, ku giteranyo cy'amanota 193-171 mu mikino yombi ya 1/4.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije n’abanyarwanda bafana Arsenal yo mu Bwongereza, mu birori byo kwishimira igikombe cya shampiyona yegukanye.
Abasirikare barindwi bayoboye Ingabo z’u Rwanda mu bihe bitandukanye kuva mu 1994, bafite amateka akomeye haba mu rugamba rwo kubohora igihugu, kubaka RDF no gushimangira umutekano imbere mu gihugu no mu butumwa bw’amahoro hirya no hino ku Isi.
Shema Arnaud de Bosscher wamamaye mu kuvanga umuziki nka DJ Toxxyk, yasubiye mu igororero rya Nyarugegenge riherereye i Mageragere , nyuma y'iminsi mike arisohotsemo.
APR FC yegukanye igikombe cy’amahoro cya 2026, itsinze Rayon Sports FC penaliti 4-2 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota isanzwe y’umukino wabereye muri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Gicurasi 2026.
RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya nyuma ya BAL yatsinze FUS de Rabat yo muri Maroc, amanota 95-72 mu mukino ubanza wa 1/4 wabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2026.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe uri i Rabat muri Maroc, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’iki gihugu, Nasser Bourita anashyikira Umwami wacyo Mohammed VI, ubutumwa bwa Perezida Kagame.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko gushora imari mu bikorwaremezo , kubaka ubushobozi bw'abaturage no kwihutisha ubucuruzi n’ubufatanye hagati y’ibihugu, ari bimwe mu byafasha Afurika kubaka ubukungu burambye no guhangana n’ibibazo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, ari kumwe na Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa, bakiriye Abanyarwanda baba muri Maroc, barimo abanyeshuri, abibutsa gukomeza indangagaciro  nyarwanda.
Minisitiri w’Ingabo za Mozambique, Cristóvão Artur Chume, yashimiye Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ku ruhare rukomeye zagize mu kurwanya iterabwoba mu majyaruguru ya Mozambique, cyane cyane mu Ntara ya Cabo Delgado.