IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Umuyobozi w’Ishami ry’Imiturire mu Kigo cy'Igihugu cy'Imiturire (RHA), Eng. Emmanuel Ahabwe, yasobanuye uko gutuza abantu mu Mudugudu w’Icyitegererezo bikorwa, ku buryo hari abahabwa aho gutura bakahegukana abandi bagatizwa gusa.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Mahoro Eric, yasabye abagororwa bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bitegura kurangiza ibihano, kubakira ku ihame ry’ubunyarwanda birinda isubiracyaha.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko hakenewe imikoranire myiza hagati y’ibihugu bya Afurika, mu rwego rwo kugabanya ingaruka zo kwivanga kw’amahanga.
Imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rusizi, yafunzwe by’agateganyo mu rwego rwo kurwanya no gukumira icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri iki gihugu cy’igituranyi.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD) yasinyanye na Banki y’Abarabu yita ku Iterambere rya Afurika (BADEA), amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni 25 z’amadolari ya Amerika, azafasha BRD kongera ubushobozi bwo gutera inkunga imishinga ishyigikira iterambere rirambye no guhanga imirimo.
Mu karere ka Musanze hagiye kuzura uruganda rutunganya imyanda ruzuzura rutwaye asaga miliyari 4,5 Frw, rukaba rwutezweho gukemura ibibazo by’isuku n’isukura no gutanga ifumbire ikoreshwa mu buhinzi.
Urwego rushinzwe Abinjira n'Abasohoka muri Nigeria (NIS), rwatangaje ko rwatangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cya Perezida w'iki guhugu, Bola Ahmed Tinubu, cyo gukuraho visa ku Banyarwanda mu gihe cy'iminsi 30.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascene Bizimana, yavuze ko abarwanya ukuri kw’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bata igihe kuko ukuri kudatsindwa, asaba Abanyarwanda guhangana nabo. 
Urwego rutegura Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere mu Mupira w'Amaguru mu bagabo, Rwanda Premier League, rwashyize hanze ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/2027, uzatangira muri Nzeri 2026, ugasozwa muri Gicurasi 2027.