Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

RBC yagaraje ko u Rwanda rwageze ku ntego yo gukingira abangavu kanseri y'inkondo y'umura ku kigero cya 90% by'intego yari yashyizweho n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima, OMS
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yashyize imbaraga nyinshi mu guharanira ko imihanda irangwa n’umutekano usesuye nk'uburyo bwo kubungabunga ubuzima bw’abaturage
Madamu Jeannette Kagame yakiriye ku biro bya Imbuto Foundation, Madamu Rachel Chebet Ruto, umugore wa Perezida wa Kenya, William Ruto, wagiriye uruzinduko mu Rwanda
Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, PSF, rwasinye amasezerano y’imikoranire n’urwego rushinzwe Ubucuruzi, Inganda, Mine n’Ubuhinzi muri Leta ya Kano muri Nigeria, agamije kwagura ubucuruzi
Umujyanama mu by’umutekano muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (Loni), Lt Col Deo Mutabazi, yagaragaje ko uburyo bwiza bwo gukemura ibibazo by’amakimbirane n’intambara ari ukubihera mu mizi no gufasha abaturage kugira uruhare mu kwicungira umutekano wabo
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, RDF, Gen MK Mubarakh, yasabye amashuri makuru ya gisirikare yo muri Afurika gukomeza guteza imbere ubufatanye, guhanga udushya no kwinjiza ikoranabuhanga mu myigire n’imyitozo, kugira ngo babashe guhangana n’ibibazo by’umutekano biri gukura ku mugabane wa Afurika
Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko iterambere rya Afurika mu bijyanye n’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano, AI, ritazashingira ku bwinshi bw'abarikoresha gusa ahubwo n'uburyo ibihugu by’Afurika bihitamo ibibazo bikwiye gukemurwa hakoreshejwe iryo koranabuhanga
Madamu Jeannette Kagame yashimiye uburyo ishuri rya Kepler College rifasha urubyiruko rw’u Rwanda n’abandi Banyafurika kubona ubumenyi bujyanye n’igihe tugezemo, ndetse budaheza uwariwe wese
Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri muri Guinée-Conakry
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), cyatangaje ko hagati ya tariki ya 11-20 Ugushyingo 2025, hateganyijwe imvura nyinshi mu gihugu hose, iri hejuru y'iyari isanzwe