Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Umuryango wa Imbuto Foundation ku bufatanye na Mount Kigali University, bahaye impamyabushobozi abarezi b'abana bato 23, baturutse mu ngo mbonezamikurire y’abana bato basanzwe  bafitanye imikoranire.
Perezida Paul Kagame yemereye Abayisilamu kongera gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare ‘Adhan’, hifashishijwe indangururamajwi nk’uko byahoze.
Leta y’u Rwanda yohereje abacuruzi mu Bwongereza kujya gushaka amasoko y’imboga n’imbuto mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zatewe n’intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati yatumye aboherezagayo ibicuruzwa bahura n’igihonbo.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye ibinyoma by’uko abo mu nzego z’umutekano b’u Rwanda zagerageje gucengera muri hoteli umugore wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denise Nyakeru Tshisekedi yari ucumbitse muri hoteli muri Amerika ndo zimwice.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko madovize yinjizwa n’ibikomoka ku buhinzi birimo nk’ikawa, icyayi, imboga n’imbuto u Rwanda rwohereza mu mahanga yakomeje kwiyongera buri mwaka.
U Bwongereza buravuga ko ikirego u Rwanda rubaregamo kidaturuka ku kuba butarubahirije ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu by’ubuhunzi impande zombi zagiranye ahubwo ko cyatewe n’uburakari bw’ibihano bifitanye isano n’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yavuze ko kimwe mu byabafashije kuza ku isonga mu kwesa imihigo y’Uturere y'umwaka wa 2024/2025 ari gahunda zitandukanye zashyizweho harimo iyitwa ‘Bwije nkoze iki’ ibafasha gukora isuzuma haba ku ruhande rw’abayobozi ndetse n’abaturage.
Ikigo cy’Abongereza, SkyTrax cyashyize ku mwanya wa gatatu Ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali mu byiza mu karere n’uwa munani ku mugabane wa Afurika mu mwaka wa 2026.
Eid al-Fitr cyangwa se Irayidi ntoya ni umunsi mukuru ukomeye mu idini ya Islam aho ari munsi mukuru wo guhagarika kwiyiriza ndetse ukaba ugaragaza iherezo ry’ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan, aho Abayisilamu baba bamaze iminsi 29 cyangwa 30 biyiriza amanywa yose
Mu gihe bamwe bumva ko ubwiherero ari ahantu ho kwikoza byakanya gato ukiranura n’umubiri ugahita ugaruka bwangu, hari abandi babibona nk’ikibuga cyiza cyo kwicaramo ndetse akaba ari n’umwanya mwiza wo gasura imbuga nkoranyambaga nka Instagram, TikTok, Snapchat n’izindi