IKUZWE MBABAZI Maurice

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Tariki ya 13 Mata 1994 ni imwe mu matariki atazibagirana ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kuko kuri iyo tariki abatutsi bari baragiye bahungira ahantu hatandukanye mu Rwanda bagabweho ibitero benshi bakwicwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yishimiye intsinzi ya Ismail Omar Guelleh wongeye gutorerwa kuyobora Djibouti
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko yishimiye kuba Ismaïl Omar Guelleh yatorewe kongera kuyobora Djibouti.
Kuri uyu wa 12 Mata 2026 Polisi y’Igihugu yatangaje ko iri gukora iperereza kuri mudasobwa ‘Laptop’ zibwe ku Kigo Nderabuzima cya Buyoga mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.
Muteteri Beatha warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyanza ya Kicukiro yagaragaje amateka ashariye atazigera amuva mu mutwe ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga tariki 7 Mata 1994.
Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n'ubworozi, NAEB, cyatangaje ko u Rwanda rwitabiriye imurikagurisha ry’ikawa ryiswe ‘World of Coffee San Diego’ riri kubera i California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Tariki ya 12 Mata 1994 uwari Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Boutros Boutros-Ghali yavuze ko MINUAR igomba kuva mu Rwanda atitaye ku Batutsi barimo bicwa hirya no hino mu Rwanda.
Tariki ya 11 Mata 1994 ni umunsi utazibagirana ku Batutsi bari bahungiye mu ishuri rya ETO Kicukiro bizeye ubutabazi ariko batereranwa n’ingabo z’Ababiligi zari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni (MINUAR) maze abarenga 2000 baricwa.
Umunyamakuru Daniel Michombero wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wigize umuzindaro w’ubutegetsi bwa perezida Felix Thisekedi yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwita umuhanzi Yampano umuyobozi wo mu ihuriro rya AFC/M23.
Umuyobozi w'Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda akaba n'Umuvugizi wa Forum y'amashyaka yose yo mu Rwanda, Dr. Frank Habineza, yasubije abavuga ko Umuryango wa RPF-Inkotanyi ukandamiza amashyaka yo mu Rwanda avuga ko ari ugusebya igihugu