Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yatangaje ko bateganya gushishikariza abashoramari gutangira gushora imari mu guteranya imodoka z’ikoresha amashanyarazi bikorewe imbere mu gihugu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko kuba kuri ubu umubano w’u Rwanda n’u Burundi udahagaze neza atari ikosa ry’u Rwanda ahubwo ko biterwa n’ubuyobozi bw’iki gihugu burangajwe imbere na Perezida Ndayishimiye.
Guverinoma ya Kambanda yakomeje gushaka uburyo bwo guha abaturage imbunda n’ibindi bikoresho byo kwifashisha mu kwihutisha Jenoside, ifata icyemezo cyo gutegeka abacuruzi kugura imbunda zabo bwite bakoresha mu bwicanyi n’izo bagurira abaturanyi. Byari mu mugambi wa Jenoside utihishiriye kandi Guverinoma niyo yabaga iwuyoboye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko kuba umubano w’u Rwanda na Congo utazahuka biterwa n’impamvu zitandukanye zirimo izishingiye ku mateka y’ibihugu byombi ndetse n’izishingiye ku Banye-Congo ubwabo
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yatangaje ko u Rwanda ruri mu mushinga wo kongera ingano y’isukari ikorerwa imbere mu gihugu ukava ku 10% ukagera kuri 50%, aho biteganyijwe ko bizagerwaho mu gihe cy’imyaka ine
Mu Karere ka Gicumbi Imirimo yo gukora umuhanda Byumba-Ngondore n'akandi gace ka kava Mukeri kagana kuri sitade ya Gicumbi igeze kuri 45% aho biteganyijwe ko uzaba wuzuye mu Gushyingo 2026.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yavuze ko n’ubwo ikiguzi cy’ibikomoka kuri peteroli gikomeje kuzamuka, leta nayo iri gukora ubushoboka byose kugira igiciro cy’ibicuruzwa n’ik’ingendo rusange ntikiremerere abaturage ariko nabo babigizemo uruhare.
Miliyoni 50 Frw zari zatanzwe na guverinoma zashyizwe mu bikorwa byo kwihutisha iyicwa ry’Abatutsi mu cyiswe “Auto-defense civile” nk’uko bigaragara muri Agenda y’uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Edouard KAREMERA.
Imbere mu bayobozi b’umutwe wa RNC byadogeye nyuma y’uko bamwe batangiye kubona ko ibyo bijejwe n’umuyobozi w’uyu mutwe Kayumba Nyamwasa atari ibyo kwizerwa ndetse nawe akaba atakibonwa nk’umwizerwa.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yatangaje ko leta iriguteganya ko mbere y’uko uyu mwaka wa 2026 urangira u Rwanda ruzaba rwarongeye bisi 100 z’amashanyarazi mu muhanda mu rwego gukomeza ingamba Leta yafashe zigamije koroshya ingendo no kugabanya ingaruka z’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.