Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko kuba umubano w’u Rwanda na Congo utazahuka biterwa n’impamvu zitandukanye zirimo izishingiye ku mateka y’ibihugu byombi ndetse n’izishingiye ku Banye-Congo ubwabo
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yatangaje ko u Rwanda ruri mu mushinga wo kongera ingano y’isukari ikorerwa imbere mu gihugu ukava ku 10% ukagera kuri 50%, aho biteganyijwe ko bizagerwaho mu gihe cy’imyaka ine
Mu Karere ka Gicumbi Imirimo yo gukora umuhanda Byumba-Ngondore n'akandi gace ka kava Mukeri kagana kuri sitade ya Gicumbi igeze kuri 45% aho biteganyijwe ko uzaba wuzuye mu Gushyingo 2026.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yavuze ko n’ubwo ikiguzi cy’ibikomoka kuri peteroli gikomeje kuzamuka, leta nayo iri gukora ubushoboka byose kugira igiciro cy’ibicuruzwa n’ik’ingendo rusange ntikiremerere abaturage ariko nabo babigizemo uruhare.
Miliyoni 50 Frw zari zatanzwe na guverinoma zashyizwe mu bikorwa byo kwihutisha iyicwa ry’Abatutsi mu cyiswe “Auto-defense civile” nk’uko bigaragara muri Agenda y’uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Edouard KAREMERA.
Imbere mu bayobozi b’umutwe wa RNC byadogeye nyuma y’uko bamwe batangiye kubona ko ibyo bijejwe n’umuyobozi w’uyu mutwe Kayumba Nyamwasa atari ibyo kwizerwa ndetse nawe akaba atakibonwa nk’umwizerwa.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yatangaje ko leta iriguteganya ko mbere y’uko uyu mwaka wa 2026 urangira u Rwanda ruzaba rwarongeye bisi 100 z’amashanyarazi mu muhanda mu rwego gukomeza ingamba Leta yafashe zigamije koroshya ingendo no kugabanya ingaruka z’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.
Muri Ngororero, nyuma yo kwica Abatutsi, basize abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi bababyaranye n’abagabo b’Abatutsi aho baje kubica nabi muri Kamena 1994.
Hari abantu benshi usanga mu gihe basinziriye bavuga amagambo, amazina y’abantu n’ahantu, indimi zumvikana n’izitumvikana, indirimbo, guseka cyangwa bakamera nk’abari mu biganiro byimbitse ku buryo ubavugisha bakagusubiza.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yavuze ko leta ikomeje gukurikirana ikibazo cy’umushahara fatizo mu Rwanda ariko agaragaza ko kongera uwo mushahara atari icyemezo gifatwa harebwa inyungu z’abakozi gusa, ahubwo ko hagomba no kwitabwa ku ngaruka gishobora kugira ku bukungu muri rusange.

Subscribe to our mailing list to receives daily updates to your inbox!

Amakuru Aheruka