Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ku wa 6 Mata 1994 ni itariki yatangiriyeho ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda aho uyu mugambi wari umaze imyaka myinshi utegurwa kuva kuri butegetsi bwa Repubulika ya mbere n’iya kabiri bwashyiraga imbere politiki y’ivangura.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko mu 2028 ari bwo Abanyarwanda bazatangira gutekesha gaz methane icukurwa mu kiyaga cya Kivu. 
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yasabye Abanyarwanda gufasha leta y’u Rwanda mu kubahiriza ingamba zo kugabanya ingano y’ibyo bakoresha cyane cyane ibitumizwa hanze mu rwego rwo guhangana n’ingaruka ziri guterwa n’intambara iri kubera mu Burasirazuba bwo Hagati.
U Rwanda rwitabiriye Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo riri kubera muri Pakistan, aho rwamurikiye abaryitabiriye umwihariko w’ubukerarugendo bwarwo n’ibyiza nyaburanga birutatse rubashishikariza kuza kurusura.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, na Wedfaq Ajdabiya yo muri Libya, Nshuti Innocent yambitse impeta umukunzi we, Uwase Nice,  bamaze imyaka myinshi bakundana amusaba kumubera umugore.
Abashoramari biganjemo abakoresha ikoranabuhaga mu buzima bwabo bwa buri munsi bagaragaje ko ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga bugiye kuba isoko nshya y’ubukungu mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatangaje igihe yigeze kumara iminsi myinshi atagaragara mu ruhame bitatewe n’uko ubuzima bwe butari bumeze neza nk’uko bamwe babivuze ahubwo ko byatewe n’uko yari yarafashe ikiruhuko ndetse akabona umwanya uhagije wo gusabana n’abuzukuru be.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umutwe wa M23 utaturutse mu Rwanda ahubwo ari umutwe wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo w’Ihuriro rya AFC/M23 ndetse ukaba ukorana n’uwahoze ari Perezida wa Congo, Joseph Kabila akorana na wo.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatamaje uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, wavuze ko ihuriro rya AFC/M23 ari ryo rigaba ibitero ku Banyamulenge batuye mu Minembwe no mu nkenegero zaho nyamara ibyo bayishinja ari ibikorwa by’ingabo za Leta (FARDC), zifatanyije  n’iz’u Bbarundi, FDLR na Wazalendo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje abarangiza amasomo ya tekinike, imyuga n'ubumenyingiro TVET, bakabona akazi biyongeyeho 9.9% mu myaka itanu aho bavuye kuri 58.2% bari ho mu 2021 bakagera kuri 68% mu 2025.