Raymond Tuyishimire

Raymond Tuyishimire

Tuyshimire Raymond, ni Umunyamakuru w'Umunyarwanda ubimazemo imyaka itandatu. Azobereye mu gutara inkuru zicukumbuye n'izindi zibanda ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ubw'abana ndetse n'izindi zivuga u Rwanda. Kuri ubu ni Editor ' w'ikinyamakuru Umunota

Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo ngaruka kwezi, izwi nka ’Car Free Day’.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yasabye Abanyarwanda kuza gushyigikira Abanyarwanda n'abandi bazitabira isiganwa ry'amagare , Tour du Rwanda , yatangiye kuri iki cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera, bakanguriiwe kugira umuco wo gutanga imisoro , babwirwa ko ariyo ivamo ibikorwaremezo bakomeje kwegerezwa.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026, yakiriye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC),Veronica M. Nduva uri i Kigali mu nama yateguwe n’uyu muryango .
Inama ya karindwi y’Abayobozi b’Ingabo z' u Rwanda n' iza Uganda bakorera ku mipaka ihuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Gashyantare 2026, hafatwa ingamba zo gucunga imipaka hagamijwe kurwanya ibyaha bihakorerwa.
Iyi nkuru igendereye kwigisha abantu uburyo bwiza bwo gutangira impera z'icyumweru mu mutuzo. Nta gushidikanya niba ukoresha karindari ya Grégoire, ikiruhuko cy'impera z'icyumweru "weekend" bimwe abato bakunze kwita kuryoshya wakigezemo
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko bigoye ko U Burundi bwagira uruhare mu buhuza mu kibazo cya RDCongo nyuma yuko iki gihugu gitorewe kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe
Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo (MIFOTRA), yagaragaje ko hakirebwa uburyo hajyaho umushahara fatizo ku bakozi ariko isaba ko abakoresha n'abakozi bagirana amasezerano y'imikoranire azwi nka CBA ( Collective bargaining Agreements) agamije ko uburenganzira bw'umukozi bwubahirizwa.
Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) , yagaragaje ko kugeza ubu abana 328 bari kumwe na ba nyina mu magororero ya Nyarugenge, Nyamagabe,Musanze na Ngoma.