Raymond Tuyishimire

Raymond Tuyishimire

Tuyshimire Raymond, ni Umunyamakuru w'Umunyarwanda ubimazemo imyaka itandatu. Azobereye mu gutara inkuru zicukumbuye n'izindi zibanda ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ubw'abana ndetse n'izindi zivuga u Rwanda. Kuri ubu ni Editor ' w'ikinyamakuru Umunota

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) Paul Kagame, ku wa 25 Mutarama 2026, yagize Brig. Gen. Geofrey Gasana Umupilote wa Perezida n’Umujyanama wa Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba w’Ingabo ku ngingo zirebana n’Ingabo zirwanira mu Kirere. 
Perezida wa Repulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w' ingabo z'u Rwanda, yagize Brig Gen Godfrey Gasana, Umupilote wihariye wa Perezida, imirimo azajya afatanya no kuba Umujyanama wa Minisitiri w’Ingabo mu bijyanye n’imikorere y’umutwe w’Ingabo zirwanira mu kirere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yahuye n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga wita ku by’inkingo (Gavi), Dr Sania Nishtar.
Komisiyo y’Igihugu yo gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare (RDRC) yakiriye abanyarwanda 14 barimo umunani bahoze mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR n’imiryango yabo batashye mu Rwanda.
Urwego rw’Ubugenzacyaha, rwafunze umusore wabaga muri Amerika ariko akaba yari ari mu biruho mu Rwanda, akekwaho kwica mugenzi we amugongesheje imodoka ku bushake.
Mu 2019, ubwo yari mu Ihuriro rya FPR /Inkotanyi, Umujyanama Mukuru mu by’Umutekano muri Perezidansi ya Repubulika, Gen Kabarebe James, yavuze ko bitari byoroshye kurwana intambara y’Abacengenzi nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994
Nyirahabimana Olive wo mu Mudugudu wa Marara I, Akagari ka Mbarara , mu Murenge wa Rwinkwavu, Akarere ka Kayonza, aravuga ko yahugujwe inzu n'umuryango w'umugabo bashakanye.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi (Rwanda Water Resources Board) bugaragaza  imirimo yo kubaka urugomero rwa Muvumba, ruri mu karere ka Nyagatare igeze ku kigero cya 44%.
Umujyi wa Kigali ukomeje kwita cyane ku rwego rw'ubwikorezi ndetse kuri ubu haratekerezwa umushinga w'imodoka zigendera ku migozi mu kirere [Cable cars]
Umugabo w'myaka 56, n´umugore w´imyaka 65 bafashwe bagerageza guha inzego z’umutekano ruswa y'ibihumbi mirongo itanu (50.000 Frw) nyuma yo kubasangana inzoga z’inkorano ziswe Ibikwangari.