Amakuru

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Major General Vincent Nyakarundi, ku wa 26 Gashyantare 2026, yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Guverinoma y'u Rwanda yamaze kwemeza ko izaburana n'u Bwongereza mu rukiko mpuzamahanga rw’ubuhuza rwo mu Buholandi,PCA , irusaba kubutegeka kwishyura arenga miliyoni 50 z’Amapawundi kubera amasezerano y’abimukira yahagaritswe.
Mu karere ka Kayonza, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane , tariki ya 26 Gashyantare 2026, inkuba yakubise Inka 10 z'abaturage babiri, eshanu zihita zipfa.
Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n’Ubutwererane yakiriye itsinda ry'"Ishuri Umuco” rigizwe n'urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu Bubiligi, bari mu ruzinduko mu Rwanda
Madamu Jeannette Kagame, akaba ari nawe washinze Imbuto Foundation, kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Gashyantare 2026, yakiriye itsinda riyobowe na Princess Marie-Chantal, umwe mu bashinze gahunda ya "Building Better Futures" porogaramu y' Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR.
Raporo ya Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya leta umutwe w’Abadepite yaragaje impungenge ku Turere tumwe tutararenga 10% mu gukoresha ingengo y’imari twagenewe nyamara hari utundi twagejeje hejuru ya 60%
Umunyamakuru Gloria Mukamabano , wari umaze imyaka icyenda mu Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA),  yasezeye.
Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yatangaje ko kuba muri Repubulika Iharanira Demokarsi ya Congo harakunze kurangwa n'ikibazo cy'umutekano mucye by'umwihariko mu mujyi wa Goma, uhana imbi n'u Rwanda, byadindije ifungurwa ry'ikibuga cy'indege cya Gisenyi .
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yatangaje ko umugore uherutse kugaragara mu mashusho akubita umugabo we inshyi n'imigeri, yatawe muri yombi .