Amakuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Amb.Olivier Nduhungurehe, yatangaje ko u Rwanda ruzakomeza kwitabira ibiganiro bihuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23 bibera i Doha muri Qatar
Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Rwanda byemeranyije ko u Rwanda rushobora kwakira abimukira bazaba birukanwe muri Amerika, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Leta y’u Rwanda, Yolande Makolo ndetse n’umwe mu bayobozi bo mu gihugu
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yasabye abasirikare bashya barangije amasomo muri Kaminuza y'u Rwanda kurangwa n’ubunyangamugayo, kwitanga batizigamye no guharanira kurengera abadafite kivugira, mu rugendo rushya bagiye gutangira
Ihuriro ry’amashyaka rya FCC (Front Commun pour le Congo) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko ritewe impungenge n’umwuka mubi wa Politiki uri muri iki gihugu n'uburyo Joseph Kabila yatangiye kuburanishwa bidaciye mu mucyo
Bisi zikoresha amashanyarazi zatangiye gukorera ingendo mu mijyi y'unganira Kigali, irimo uwa Nyagatare, Rusumo Karongi na Rubavu, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ingendo zikozwe mu buryo budahumanya ikirere
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Leo wa XIV yageneye ubutumwa Abihayimana bitabiriye Inteko rusange ya 20 y’Ihuriro ry’Abepiskopi bo muri Afurika na Madagascar (SECAM), abasabira ko iyi nama izatanga umusaruro wifuzwa mu kwimakaza urukundo n'icyizere mu miryango yasenywe n'amacakubiri
Abanyarwanda basaga 300 n’inshuti z’u Rwanda batuye mu Bushinwa bizihije umunsi mukuru w'Umuganura, waranzwe n'ibikorwa gakondo birimo guha abana amata, gukina imikino irimo igisoro ndetse no guhemba abanyeshuri bashoje amasomo
Urubyiruko rwitabiriye umuhango wo gusoza Inteko rusange ya 20 y’Ihuriro ry’Abepiskopi bo muri Afurika na Madagascar (SECAM), rwasabwe guharanira kwihesha agaciro no gushyira imbaraga mu bikorwa bibubaka
Perezida w’u Rwanda , Paul Kagame, yashimiye umukinnyi w’icyamamare muri NBA, Kawhi Leonard waje mu Rwanda guhura no kuganira n’urubyiruko rw’u Rwanda
Ubuyobozi bwa AFC/M23 buyoboye intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bwatangaje ko umujyi wa Goma ugiye kugabanywamo Komine enye

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka