Amakuru

U Rwanda rwakiriye imiryango 69 igizwe n'Abanyarwanda 223, batahutse nyuma y'imyaka myinshi batuye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC
Umuyobozi w’ishami rishinzwe ubufatanye bwa Gisirikare n’abasivili mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Colonel Désiré Migambi Mungamba, yasabye abayobozi b’amashuri kugira uruhare rufatika mu kwigisha amateka y’u Rwanda urubyiruko
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yatangaje ko umutekano ku mipaka ihuza iyi ntara n’ibihugu by’ibituranyi birimo u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uhagaze neza ndetse ko inzego z’umutekano ziri maso
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya, Gen Charles Muriu KAHARIRI, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda kuva tariki ya 4 -7 Ugushyingo 2025.
Abantu batanu bo mu Karere ka Nyamasheke batawe muri yombi, bakekwaho kunyereza kawunga yatanzwe muri gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri ‘school feeding’.
ACP Boniface Rutikanga, yakebuye urubyiruko rwishora mu biyobyabwenge by'umwihariko abahanzi ndetse agenera ubutumwa abirara bakanywera ibiyobyabwenge hanze y'Igihugu, ko bitazakuraho kubapima bageze mu Rwanda
Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 22 akorera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RBA, yasezeye bagenzi be n’ikigo yakoreraga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu batandukanye bakurikiranyweho ubujura bw’ibitabo bitangwa mu mashuri n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) ndetse n’ibiribwa bigenewe abanyeshuri.
Mu karere ka Kirehe, mu Ntara y’Iburasirazuba, hatangijwe imirimo yo kuvugurura Ikigo Nderabuzima cya Nyarubuye, ‘Medicalized Health Centre’, kizuzura gitwaye arenga miliyari 6 Frw.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafunze abagabo batanu, bakurikiranyweho kwangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi bakiba insiga zikwirakwiza umuriro mu baturage.