Inkuru Nshya

Mu Rwanda umubare w’abakoresha imirasire y’izuba ukomeje kwiyongera aho kuri ubu ingo zisaga 900 arizo ziyikoresha mu zisaga 3000 ziri mu gihugu kugeza ubu. Gusa abayikoresha bakagaragaza imbogamizi zo gutunga ibikoresho bifite ubushobozi bwisumbuye no kuba batemerewe kurenza imirasire itanga hejuru ya kilowate 100. 
Umunyarwandakazi Florence Niyonkuru yegukanye umudari w'umuringa (Bronze Medal) mu mikino ya Commonwealth iri kubera Glasgow muri Ecosse mu cyiciro cyo gusiganwa ku maguru ku ntera ya metero ibihumbi 10 (10,000 m), bimugira umunyarwanda wa mbere wegukanye umudari muri iyi mikino.
Perezida wa Repubulika akaba na Chairman wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, yabonanye n'abayobozi b'uyu Muryango, bagirana ibiganiro byibanze ku mateka yawo n'uruhare ufite mu kwiyubaka k'u Rwanda.
Ikipe ya APR FC yatsinze ikipe ya Garde Républicaine FC yo muri Djibouti ibitego 3-1 mu mukino wa kabiri wo mu itsinda A mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 wabereye muri Kigali Pele Stadium, yiyunga n'abafana nyuma yo kunyagirwa ibitego 5-0 mu mukino uheruka.
Umuherwe w’Umunyamerika akaba n’uwashinze Gates Foundation na Microsoft, Bill Gates uherutse gusura u Rwanda yavuze ko icyumweru yamaze arusura yasigaranye isomo ry’uko iyo igihugu kiyobowe neza, kigashora imari mu baturage, mu bumenyi no mu ikoranabuhanga, impinduka zifatika zishoboka. 
Mu myaka itatu ishize Ishami rishinzwe ibikorwa bya INTERPOL rikorera mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda, ryafashe ibinyabiziga 41 byakomokaga muri Afurika, Leta zunze ubumwe z’Amerika, Aziya n’u Burayi. Muri ibyo binyabiziga, 39 byamaze kurekurwa no gusubizwa ba nyirabyo, mu gihe 2 biri mu nzira zo gusubizwa ba nyirabyo.
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bwagaragaje ko 47% by’abagore bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49 batifuza kongera kubyara cyangwa bifungishije burundu.
Pariki y’Igihugu y’Akagera yatangaje ko mu mezi atatu kuva muri Mata kugera muri Kamena 2026 yinjije arenga miliyoni imwe y’Amadolari ya Amerika bigaragaza ubwiyongere bwa 4% ugereranyije n’uko byari bimeze mu gihe nk’icyo cya 2025
Nyuma y’ibyumweru bibiri ikorana buhanga rya eKash ritangiye gukoreshwa mu ihererekanya ry’amafaranga kuri banki n’ibindi bigo by’itumanaho, Ubuyobozi bw’ikigo RSwith kiricunga buvuga ko ihererekanya ry’amafaranga ahanyura (trsansactions)  ku munsi byikubye inshuro 6.
Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje ko ibiro byarwo byimukiye mu nyubako nshya ari yo izaba ari icyicaro gikuru cyayo, ahateganye na Katederali ya St Michelle.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka