Politiki

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yakiriwe na mugenzi we wa Djibouti, Abdoulkader Houssein Omar, bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi no kwagura ubufatanye.
Ambasaderi Moses Rugema yashyikirije Umuyobozi ushinzwe Porotokole muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria, Ambasaderi Wahab Adekola Akande, kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu
Muri Mutarama 2024 ni bwo perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yafunze imipaka yose yo ku butaka ihuza u Rwanda n’u Burundi arushinja gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu cye binyuze mu gufatanya n’umutwe wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwa Gitega, ibirego u Rwanda rwamaganiye kure rugaragaza ko ntashingiro bifite.
Ambasade y’u Rwanda muri Qatar yatangaje ko serivisi yari isanzwe itanga zimuriwe mu buryo bw’ikoranabuhanga (online) kubera ibibazo by’umutekano muke bimaze iminsi mu Burasirazuba bwo hagati.
U Rwanda n’u Buhinde byasinyanye amasezerano y’ubufatanye MoU ajyanye no gusangira umuco hagati y’ibihugu byombi ‘Cultural Exchange Programme’ (CEP) azamara imyaka itanu aho azatangira uyu mwaka wa 2026 akazagera mu 2030.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ibyo ubutegetsi bwa Congo bukomeje kuvuga ku mutwe wa FDLR ari ibinyoma kandi bigomba kugira aho bigarukira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yabajije amahanga umubare w’Abantu bazicwa kugira ngo babone ubwicanye leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikorera abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bo mu bice bitandukanye byo mu Burasirazuba bw’iki gihugu
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko bigoye ko U Burundi bwagira uruhare mu buhuza mu kibazo cya RDCongo nyuma yuko iki gihugu gitorewe kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe
Umujyanama wa Perezida Donald Trump ku bibazo birebana na Afurika, Massad Boulos, yavuze ko atari we wakwemeza niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizafatira ibihano Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, kuko nta makuru ahagije abifiteho
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Nsengiyumva Justin, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye gusangiza Sudan y’Epfo ubunararibonye rufite  mu kongera kubaka igihugu nyuma yo gushegeshwa n’intambara binyuze mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.