Politiki

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n'Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ubuyobozi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi uyoboye Umuryango nwa Afurika Yunze Ubumwe burimo ibyuho n’amakosa akomeye bishobora gushyira umugane wose mu kaga n’umuyobozi utaramara amezi abiri kuri uwo mwanya.
Abofisiye n’abandi basirikare bo mu nzego zitandukanye mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) basoje kuri uyu munsi amahugurwa y’ibanze y’Ingabo zidasanzwe yakozwe mu gihe cy' amezi icyenda mu Kigo cy’Amahugurwa cya Gisirikare  i Nasho, mu Karere ka Kirehe.
Mu nama y’umutekano ya Loni, yayobowe na Massad Boulos, u Rwanda rwongeye kugaragaza impungenge zikomeye ku mutekano muke ukomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rusaba kurandura burundu FDLR.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) zumvikanye ku ngamba zitandukanye zigamije kongera ubufatanye, zirimo kunoza ihererekanyamakuru, gukora amarondo ahuriweho, no gukangurira abaturage batuye ku mipaka kwirinda ibikorwa byose binyuranyije n’amategeko.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye ibinyoma by’uko abo mu nzego z’umutekano b’u Rwanda zagerageje gucengera muri hoteli umugore wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denise Nyakeru Tshisekedi yari ucumbitse muri hoteli muri Amerika ndo zimwice.
U Bwongereza buravuga ko ikirego u Rwanda rubaregamo kidaturuka ku kuba butarubahirije ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu by’ubuhunzi impande zombi zagiranye ahubwo ko cyatewe n’uburakari bw’ibihano bifitanye isano n’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Abayobozi b’inzego bwite za Leta n'abo mu nzego zegerejwe abaturage bateraniye mu nama iri kubera mu  ishuri rikuru rya Gisirikare ry’u Rwanda riri i Gako mu Karere ka Bugesera
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze amahanga adaha agaciro umusanzu w’Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kugarura amahoro mu bice bitandukanye bya Afurika