Ubuhinzi

Guverinoma y’u Rwanda yemeje umushinga w’itegeko rishya rigenga ubuziranenge bw'umusaruro w'ibihingwa, rigamije kugenzura no guhana abakora ubuhinzi mu buryo butubahirije amategeko ndetse n'amabwiriza agenga uyu mwuga
RAB yamuritse imbuto z’ibirayi, Ndamira na Victoria, zongerewe ubushobozi zitezweho kongera umusaruro w’ibirayi ku kigero kirenze igisanzwe.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Telesphore Ndabamenye, yiseguye kuri Perezida Kagame wamubazaga ubusobanuro ku kibazo cya gahunda yo gutera intanga inka byagaragaye ko igenda biguru ntege mu kugezwa ku baturage mu bice by'Intara y'Iburasirazuba.
Umuryango Heifer International Rwanda watangaje ko irushanwa rya AYuTE Challenge Rwanda, rigamije guteza imbere no kuzamura urwego rw’ubuhinzi mu rubyiruko rw’u Rwanda, ryongereye ibihembo, aho amafaranga atangwa muri iri rushanwa yagejejwe kuri miliyoni 65 Frw, avuye kuri miliyoni 50 Frw zatanzwe mu mwaka wa 2025
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko mu cyumweru kimwe, u Rwanda rwinjije miliyoni 13 z'amadorari ya Amerika, yaturutse kuri toni ibihumbi 10,204 z’ibikomoka ku buhinzi bitandukanye byoherejwe mu mahanga
Imibare ya Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi igaragaza ko mu myaka irindwi ishize kuva mu 2017-2024, inka ziyongereye ku kigero cya 26%, naho umusaruro w'amata ugera kuri miliyari irenga
U Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’ibimasa 10 byo mu bwoko bwa Holstein-Friesian, bizwiho gutanga intanga zitanga icyororo hagamijwe kubona inka zitanga umukamo mwinshi
Hashize imyaka 10, umushinga wari witezweho kubyazwa umusaruro, ngo bwa mbere mu Rwanda haboneke mazutu ivuye mu bimera (biodiesel) upfuye, ndetse abaturage bari bahawe akazi bamburwa miliyoni zirenga 38 Frw
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), gitangaza ko hagiye guterwa ibiti miliyoni 2.75 bya Kawa.
Ubuyobozi bw'Akarere ka Kayonza, bwatangaje ko aka karere kafashe ingamba zo kurandura mu buryo burambye ikibazo cy'inzara muri imwe mu Mirenge igize aka karere cyagaragayemo.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka