Ikipe y'u Rwanda yo gusiganwa ku magare mu misozi (Mountain Bike) yitwaye neza mu iriganwa ryo muri Cameroon ryo gusiganwa mu misozi rya Grand Prix International VTT Chantal Biya, aho Ntakirutimana Martha yegukanye umudari wa zahabu, Iragena Charlotte yegukanye umudari wa feza naho Bukhari Banzi yegukana umudari w'umuringa.