Guillaume NIYONKURU

Guillaume NIYONKURU

Mbere y’uko Shampiyona itangira, Umunota wateguye urutonde rw’abakinnyi 10 bo kwitega muri uyu mwaka, uru rutonde rwakozwe hagendewe ku bitekerezo by’abanyamakuru batandukanye b’imikino babajijwe uko babibona.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya volleyball mu bagore yasezerewe n’iya Misiri muri 1/2 cy’igikombe cy’Afurika kiri kubera Nairobi muri Kenya nyuma yo gutsindwa amaseti 3-0.
Perezida w'inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yasanze iyi kipe ayoboye muri Cameroon aho ikomeje imyitozo yo gukina umukino ubanza w'ijonjora ry'ibanze rya CAF Confederation Cup.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ya basketball mu bagabo yamanutseho imyanya ibiri ku isi ku rutonde rw'Impuzamashyirahamwe y'umukino wa Basketball ku Isi, FIBA.
Umukinnyi ukina mu kibuga hagati mu ikipe y'Igihugu y'u Rwanda 'Amavubi', Samuel Gueulette yatangajwe nk'umukinnyi mushya w'ikipe ya UTA Arad ikina icyiciro cya mbere muri Romania.
Umufaransa Patrice Evra wakiniye amakipe arimo Manchestert United yo mu Bwongereza yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruhereye ku Gisozi ku munsi we wa mbere ari mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Nzeri 2026.
Umushoramari akaba na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yakatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo kubera ibyaha akurikiranyweho byo gutanga sheki itazigamiye no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya mbere y’uko atangira kuburana mu mizi.
Tariki 2 Nzeri 2021 nibwo inkuru mbi kandi y’agahinda yageze mu matwi y’abakunzi b’umuziki nyarwanda by’umwihariko ab’injyana ya Hip-Hop ko umuhanzi w’umuraperi Jay Polly yitabye Imana.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, Regis Rugemanshuro, yavuze ko ikipe y’iki kigo ya RSSB Tigers izajya muri 2026 FIBA Intercontinental Cup itagiye kwitabira gutyo gusa ahubwo izaba igihe gutsinda ngo itware igikombe.
Ikipe ya Rayon Sports y’abagore ishobora kuzakina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, CAF Women’s Champions League, n’ubwo yasezerewe itarenze amatsinda mu gushaka itike mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA.Kuba Rayon Sports ishobora kuzakina CAF Women’s Champions League bije nyuma y’uko hari amakuru avuga ko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, yasabye u Rwanda ko rwazakira iri rushanwa.