IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyahawe igihembo cy’umushinga ukoresha ikoranabuhanga mu buryo butanga impinduka (Innovative Project for Impact Award), kubera gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu gusesengura amakuru y’umurimo mu ndimi zitandukanye no kwihutisha itegurwa ry’ibarurishamibare riwerekeye.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yatangaje ko mu mezi atandatu gusa polisi n'izindi nzego bamennye ibinyobwa bitujuje ubuzirangenge birenga litiro ibihumbi 100, asaba abanyarwanda kurwanya bene izi nzoga.
Perezida Kagame yageze muri Qatar, aho yagiye kwifatanya n'abaturage, Umuryango n'Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ku bw’urupfu rw’umubyeyi we, Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda, Eng. Richard Nyirishema, yavuze ko Umushinga wa Muvumba Multipurpose Dam witezweho kuzafasha mu kuhira hegitari zisaga 10,000 z’ubutaka buhingwa, ugeze ku kigero cya 61.5%.
Perezida wa Repubulika akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy'izabukuru abasirikare ba RDF barenga 1440.
Itsinda ry’abanyeshuri 165 baherekejwe n’ababyeyi n’abarezi babo baturutse mu bihugu 9 by’Afurika birimo n’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda ku cyicaro gikuru ku Kacyiru berekwa imikorere y’amashami atandukanye yayo, cyane cyane hibandwa ku Ishami rishinzwe kuzimya inkongi n’ubutabazi ndetse n’Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda.
Ubuyobozi Bukuru bw'Ingabo z'u Rwanda (RDF) bwasezeye mu cyubahiro ba Ofisiye bagejeje igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi.
Minisitiri w'Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko u Rwanda rumaze kugira abaganga bihariye b'abantu bageze mu zabukuru bagiye kujya batanga serivisi z’ubuvuzi bwihariye ku bakuze.
Guverinoma y’u Rwanda imaze gushora agera kuri miliyari 48 Frw muri gahunda yo kugabanya ingaruka z’izamuka ry’ibiciro bya peteroli binyuze muri nkunganire yatanzwe kuva muri Werurwe kugeza muri Kamena 2026.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yatangaje ko mu rwego rwo kwirinda ko ibikomoka kuri peteroli bibura ku isoko, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje gushora imari mu kongera ubushobozi bwo kubibika, aho kugeza ubu hari ubushobozi bwo kubika toni zigera kuri miliyoni 118.