IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Umujyi wa Kigali watangaje imihanda izakoreshwa na bisi, amakamyo ndetse n’indi ishobora kunyurwamo, mu gihe imihanda isanzwe izaba irimo gukoreshwa mu Irushanwa ry’Isi ry’Amagare (UCI Road World Championships 2025).
Minisitiri w'Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yavuze ko kwagura Pariki y’Ibirunga kugirango harushesho kuba heza, ndetse no kuba bizagira uruhare mu guhindura imibereho y'abaturiye iyi pariki, ari ikimenyetso cy'uko kubungabunga ibidukikije n’iterambere bidatana
Guverineri w’Intara y’amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yavuze ko kuba Umuhango wo Kwita Izina ubera mu ntara y'Amajyaruguru ari ishema n’icyubahiro kuri iyi ntara, ndetse aboneraho gushishikariza abaturiye pariki y'Ibirunga kuyirinda
Umunyamabanga wa Leta muri MINUBWUMWE, Eric Mahoro, yasabye abahamijwe ibyaha bya Jenoside bitegura gusubira mu buzima busanzwe gusigasira ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda
Inzego z’ubuzima mu Rwanda zatangije ubufatanye hagati ya Leta, imiryango itari iya Leta, n’abaturage mu bukangurambaga bwo kwisuzumisha kare indwara zitandura, mu rwego rwo guhangana nazo no kugabanya ibyago byo guhitanwa nazo kare
Umukinnyi w'umupira w'amaguru ukomoka muri Argentine, Javier Pastore, wakiniye Paris Saint-Germain, ari mu bashyitsi bazitabira ibirori byo Kwita Izina, bizaba kuri uyu wa gatanu tariki ya 5 Nzeri 2025 mu Kinigi.
Icyegeranyo cyakozwe n’Ikigo cy’Imiyoborere cyo muri Singapore, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri nyuma y’Ibirwa bya Maurice mu bihugu bifite Ubuyobozi bwiza muri Afurika
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Wungirije Ushinzwe Ubukungu n'Imibereho y'Abaturage, Urujeni Martine yasabye urubyiruko rw'abakorerabushake gukomeza kurangwa n'indangagaciro zo gukunda igihugu no kugikorera ndetse no guharanira ubumwe n’ubudaheranwa
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Mujyi wa Kigali rwasinye imihigo 20 irimo gukangurira abatuye Kigali kubahiriza igishushanyo mbonera, kurwanya imyubakire y’akajagari, gufatanya na Polisi mu gukumira icyaha no gushishikariza urubyiruko kwizigamira no kwitabira gahunda za Leta
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye itsinda ryabanya-Qatar baturutse muri kigo cya Qatar Leadership Center, abasaba nk’abayobozi gukora ibikorwa bifite akamaro batitaye ku makosa, kuko gukosa bisanzwe, ahubwo ari uguhaguruka ugakomeza inzira