Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida Mobutu Sese Seko wayoboraga Zaire kuri ubu yabaye Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko hagomba kugira agace k’umuzenguruko wa kilometero 20 gakurwamo abasirikare ba RPA mu nkengero z’Ikibuga cy’indege kugira ngo hajye abasirikare ba Loni.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA), batanze serivise z'ubuvuzi ku baturage bo muri iki gihugu.
Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidari y'ishimwe ku ruhare zagize mu kugarura amahoro muri iki gihugu.
Irari n’urukundo ni amagambo atavugwaho rumwe na benshi ndetse bamwe ntibasobanukirwa niba hari itandukaniro riri hagati y’aya magambo yombi kuko hari abavuga ko ari bimwe mu gihe abandi bahamya ko atandukanye bakavuga ko urukundo nyarwo ntaho ruhurira n’irari.
Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva Justin yahuye n’Abanyarwanda batuye muri Benin, abashimira uruhare rwabo mu gushimangira umubano mwiza uri hagati y'u Rwanda n’iki gihugu.
Itsinda ry’abaganga 128 baturutse mu Rwanda berekeje muri Ethiopia aho bagiye mu mahugurwa yihariye bazahuriramo n’abandi baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika.
Kuri iyi tariki, mu Mujyi wa Kigali hishwe abatutsi benshi bari bihishe muri CHUK ndetse n’abandi bari baharwariye. Nyuma yo kubica, abarwayi batari mu bahigwaga bajyanwa i Kabgayi na ho CHUK isigara ari ibitaro by’inkomere z’abasirikare ba FAR.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yageze i Cotonou muri Bénin, aho azahagararira Perezida Kagame, mu muhango w’irahira rya Perezida Romuald Wadagni uherutse gutorwa.
Kuri iyi tariki i Kabgayi mu Majyepfo Interahamwe zishe Abatutsi zibakuye aho bari bahungiye muri Kiliziya zijya kubicira kuri Nyabarongo abandi batabwamo ari bazima.
Perezida Paul Kagame yashimiye kaminuza ya Oklahoma Christian University ku ruhare yagize mu iterambere ry’igihugu agaragaza ko yizeye ko ubufatanye hagati y’iyi kaminuza n’u Rwanda bizameza no mu bihe biri imbere.