Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru wa Loni ku byerekeye gukumira Jenoside, Chaloka Beyani, yashimangiye ko amahanga yatsinzwe kuko ntacyo yashoboye gukora mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nyamara bari bafite amakuru
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yavuze ko Amahanga akwiye kureka gukomeza kwigira ntibindeba ku ngengabitekerezo ya jenoside ikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ifatanyije n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.
Tariki ya 8 Mata 1994, nyuma y’umunsi umwe Jenoside yakorewe Abatutsi itangiye mu Rwanda, ubwicanyi bwarakomeje mu bice bitandukanye by’Igihugu, buri Mututsi wese aho aherereye atangira guhigwa bukware n’abasirikare, abajandarume n’interahamwe bari bahuje imbaraga ngo batsembe Abatutsi.
Ikigo cy’Igihugu cy’iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Mata 2026 hazagwa imvura  nyinshi iri hejuru y’isanzwe igwa muri uku  kwezi ndetse ikaba ishobora kuzateza ibiza mu duce dutandukanye tw’igihugu.
Perezida Paul Kagame yashimye Ingabo z’u Rwanda zarwanye urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yongera gushimangira ko ntabihano ibyari byo byose bishobora gutesha agaciro, icyubahiro, n’ubunyangamugayo biziranga.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana, agaragaza ko ibimenyetso byirengagijwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi bisa n’ibiri kwirengagizwa ku kibazo cy’impunzi z’Abatutsi b’Abanye-Congo zimaze imyaka 33 mu buhungiro.
Muri iki cyumweru cyo kunamira inzirakarengane z’Abatutsi zishwe mu 1994, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, MINUBUMWE, yagaragaje ibikorwa biteganyijwe mu Cyumweru cy’icyunamo, itangaza ko ibikorwa byose n’indi mirimo byemerewe gukomeza nyuma y’igikorwa cyo Kwibuka.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres yatangaje Isi yose ikwiye kwigira ku makosa yabaye ubwo mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 amahanga yose arebera avuga ko Isi yose ikwiye gukuramo amasomo.
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AU, watangaje ko uzifatanya n’Abanyarwanda n’Isi yose mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yavuze ko ibihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari igihe cyo kunga ubumwe nk’Abanyarwanda bagafatanya kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.