Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ku munsi nk’uyu ni bwo FPR yatangarije Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ko intego yayo ari uguhagarika Jenoside no kugarura umutuzo n’ umutekano mu gihugu.
Nyuma y’impaka nyinshi kuri iyi ngingo, Minisitiri w’Urubyiruko n’iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye urubyiruko kwirinda guca imanza muri dosiye batazi neza.
Ngabo King yatangaje ko yamaze gufunga ‘Musée Ingabo’ ku bwo kubura amafaranga yo kwishyura ubukode bw’inzu y’Umujyi wa Kigali yakoreragamo.
Abapolisi b’u Rwanda 160 bagize Itsinda RWAFPU1-10 riri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga Amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bambitswe imidali y’ishimwe ku bw’umuhate n’ubwitange bagaragaje mu mezi mu gihe cy’amezi 10 bamaze bacunga umutekano w’abasivili muri iki gihugu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko umusaruro w’inganda wiyongereyeho 6.2% muri Werurwe 2025, ugereranyije n’ukwezi nk’uko mu mwaka ushize wa 2025 mu gihe impuzandengo y'izamuka ku mwaka yari 6.3%.
Uyu munsi nk’uyu, tariki ya 7 Gicurasi 1994, Leta y’abicanyi yakomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu, by’umwihariko kuri iyi tariki bamwe mu banyeshuri bo muri Groupe Scolaire Marie Merci I Kibeho bagize uruhare mu kwica Abatutsi.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora (RCS), rwatangaje ko Uzaramba Karasira Aimable byari byitezwe ko agomba kurekurwa nyuma yo kurangiza igifungo yari yarahawe, yapfuye kuri uyu wa 07 Gicurasi aguye mu bitaro bya Nyarugenge.
Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi rwanzuye ko iperereza ku ruhare umugore wa Habyarimana Juvénal, Agathe Kanziga, akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi no mu itegurwa ryayo rikomeza.

Urwego rw’umuvunyi rwasabye inzego za Leta kongera imbaraga mu gukemura ibibazo by’abaturage ku gihe mu bice bitandukanye by’igihugu bidategereje ko umuvunyi mukuru ari we ujya kubikemura