Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Leta ya Jamaica binyuze mu Mugaba Mukuru w’Ingabo zayo, Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yashimiye u Rwanda ku gikorwa rwakoze cyo kuboherereza ingabo zo kubafasha gusana no kubaka ibyangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Melissa iherutse kwibasira iki gihugu cyo muri Amerika y’Amajyaruguru.
Ku wa 4 Werurwe 2026 ni bwo mu igazeti ya Leta hatangajwe itegeko Nº 011/2026 ryo ku wa 26/02/2026 rigenga ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi, aho ryaje risimbura itegeko Nº 36/2012 ryo ku wa 21/09/2012
U Rwanda n’u Buyapani bari gusangizanya ibitekerezo ku buryo bwo ku rwanya ibiza birimo inkangu, imyuzure, imitingito, inkuba n’ibindi bihitana ubuzima bw’abantu bikanangiza ibikorwaremezo ndetse bigatwara igihugu amafaranga menshi yo kongera gusana ibyangiritse.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko kuva uyu mwaka wa 2026 watangira kugeza ku wa 11 Werurwe 2026, ibiza birimo inkuba, inkangu n’imyuzure byishe abantu 28 mu turere dutandukanye tw’igihugu
Polisi y'u Rwanda yakiriye Abapolisi bagize itsinda RWAFPU3-3, bavuye mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), aho bari bamaze umwaka urenga baburimo. 
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Donatille Mukantaganzwa, yasabye abanditsi b'impapurompamo z'ubutaka kwirinda amanyanga bagakora baharanira gukemura ibibazo bigaragara muri serivise z’ubutaka aho kuba ba gitera.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga hagati y’itariki 2-6 Werurwe 2026, byinjije arenga miliyoni 10$ (arenga miliyari 14,6 Frw).
Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi itatu yo gusuzuma aho gahunda yo gukoresha mu buryo buhuriweho inganda za gisirikare igeze ishyirwa mu bikorwa.
Abashyira imbere ubutegetsi bavuga ko butuma umuntu agira uburenganzira bwo gushyiraho amategeko, kugena politiki n’imirongo ngenderwaho mu gihe ubutunzi ngo butanga imbaraga zihuse ariko zitaramba kuko amateka atakugira umunyabigwi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda NISR, cyatangaje ko mu kwezi kwa Gashyantare 2026 ibiciro byazamutseho 9,2% bivuye kuri 8,9% byari biriho muri Mutarama.