Camille Ndikumana

Theogene Nshimiyimana

Theogene NSHIMIYIMANA, ni umunyamakuru w'umunyarwanda ubimazemo imyaka icyenda. Azobereye mu gutara inkuru z'ubutabera n'izindi zivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru w'ikinyamakuru Umunota

Nyamagabe: Hibutswe abagore n’abana bishwe muri Jenoside ndetse hanashyingurwa imibiri 7

Ese koko umuntu uri kurota avugisha ukuri? 

Ntihakwiye kurebwa ku mukozi gusa ngo umukoresha yirengagizwe: Minisitiri w’Intebe ku mushahara fatizo

Langwida wo mu Runana yitabye Imana

Mu gihe Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umunyarwanda Norbert Mbabazi w’imyaka 46 yahisemo kwibuka akora urugendo rurerure n'amaguru ari mu guha agaciro abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yibuka urugendo nabo bakoreshejwe.
Urwego rwunganira akarere mu by'umutekano ruzwi nka DASSO mu karere ka Nyanza, rwagaragaje igikorwa cy’urukundo, rworoza inka umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.Ni inka yaguzwe mu bushobozi bwegeranyijwe n'abakozi b'uru rwego bivuye mu kwitanga n'umutima wo gufasha
Mu mujyi rwagati w'akarere ka Nyanza mu kagari ka Nyanza mu murenge wa Busasamana , habereye impanuka 'Ambulance' y'ibitaro bya Nyanza yagonganye na moto maze umugenzi wari utwawe n'iriya moto ahita apfa.
Kuri uyu wa 07 Mata 2026 mu karere ka Nyanza habayeho gutangiza icyumweru cy'icyunamo hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umugabo wo mu karere ka Huye arashakishwa cyane akekwaho kwica umuturanyi we wari umutabaye ubwo yakimbiranaga n'umugore we.
Ubuyobozi bw'akarere ka Nyanza bwemereye UMUNOTA ko abaganga bakekwaho guha serivisi mbi umuturage agapfa batawe muri yombi bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana mu karere ka Nyanza uko ari babiri.
Byabereye mu karere Nyanza mu murenge wa Busoro mu kagari ka Munyinya mu mudugudu Karambi,aho mu mpera z'icyumweru gishize abaturage batanze amakuru ko basanze uwitwa NAMBAJIMANA Alexis w'imyaka 62 yiciwe mu nzu iwe aboshye amaboko babona amaraso mu ruganiriro (salon) ku musambi yararagaho, umurambo we ugaramye mu kindi cyumba bamukingiranyemo.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwahamije uwari Gitifu w'Umurenge wa Mamba, mu karere ka Gisagara witwa Gatongore James, icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, ahanishwa gufungwa imyaka irindwi n'amezi atandatu
Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwakatiye igifungo cy’imyaka 15 Nzayisenga Joël w’imyaka 26, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 16 akanamutera inda.
Abanyerondo bo mu mujyi rwagati mu murenge wa Gasaka ho mu karere ka Nyamagabe, barakekwaho kwica umuturage bamuziza gushaka gukiza undi muturage aba banyerondo barimo bakubita

Subscribe to our mailing list to receives daily updates to your inbox!

Amakuru Aheruka