Amakuru

AFC/M23, ryatangaje ko ryamaganye bikomeye icyemezo cya Perezida Félix-Antoine Tshisekedi cyo gutangaza ko ikibuga mpuzamahanga cya Goma kizafungurwa,banamaganira kure ibyo kubahuza n'u Rwanda
Umuramyi Ngendahayo Richard Nick yahishuye ko impamvu yahaye amafaranga ibihumbi 500, umunyarwenya Kadudu Kaduhire, ari uko yifuzaga kumuremamo icyizere no kumwibutsa ko ari umwe mu bo u Rwanda rwitezeho iterambere
RIB, rwataye muri yombi Nsoneye Emmanuel, umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA) na Uwamariya Beatha ufite uruganda rukora inzoga bakurikiranyweho icyaha cya ruswa
RBC yagaraje ko u Rwanda rwageze ku ntego yo gukingira abangavu kanseri y'inkondo y'umura ku kigero cya 90% by'intego yari yashyizweho n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima, OMS
DCG Jeanne Chantal Ujeneza, yavuze ko umutekano u Rwanda ruzwiho ku ruhando mpuzamahanga, udakwiye kuba gusa uwo mu bya Gisirikare ahubwo ko hakwiye kwitabwa no ku mutekano w’abakoresha umuhanda
Dusengiyumva Samuel, yavuze ko hatangiye kubakwa no kuvugurura imihanda kugirango hagabanywe umuvundo, yibutsa abayikoresha ko hakenewe ubufatanye bwabo mu kuyibungabunga no kubungabunga ubuzima bwabo
Amb. Olivier Nduhungirehe yamaganye imyanzuro yafatiwe mu nama ya cyenda y’abakuru b’Ibihugu n’abahagarariye za Guverinoma zigize umuryango wa CIRGL
Ambasaderi Innocent Bagamba Muhizi yashyikirije Perezida wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yashimye icyemezo cyo gusinya ingingo ngenderwaho z’amasezerano arambye  y’amahoro hagati ya Leta ya RDCongo n’umutwe urwanya ubutegetsi bw’iki gihugu wa AFC/M23
Polisi y’Igihugu ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, abaturage,  yakoze igikorwa cyo kwangiza litiro zitujuje ubuziranenge zingana na litiro ibihumbi 76 mu karere ka Bugesera.