Amakuru

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF),ifatanyije n’ Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA) n’abandi bafatanyabikorwa, batangije Porogaramu ’ Itetero Mobile App’ izajya muri telefoni, igamije gutanga amakuru afasha ababyeyi kurera neza.
Umuyobozi Mukuru w'Ikigo mpuzamahanga gifatanya na za Guverinoma mu mishinga y’iterambere rirambye, kurengera ibidukikije, no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, Global Green Growth Institute (GGGI), Sang-Hyup Kim, ari mu bashyitsi b’Imena bazita abana b’ingagi izina mu birori byo Kwita Izina ku nshuro ya 20
Umunyamabanga wa Leta muri MINUBWUMWE, Eric Mahoro, yasabye abahamijwe ibyaha bya Jenoside bitegura gusubira mu buzima busanzwe gusigasira ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda
Abana batandatu bagororerwa mu kigo ngororamuco cya Gitagata, giherereye mu Karere ka Bugesera, nyuma yo gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza mu mwaka wa 2024/25, bemerewe kuzishyurirwa umwaka wa mbere w'amashuri yisumbuye
Ikigo  cya Polisi cy’amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (Counterterrorism Training Center-CTTC) cya Mayange,kimaze kugira uruhare rukomeye mu gufasha abapolisi b’u Rwanda kurwanya iterabwoba muri Mozambique nkuko abahuguwe babitangaza.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique,kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3Nzeri 2025,zatanze amagare abayobozi b’Imidugudu yo mu Karere ka Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo kubafasha mu kazi kabo ka buri munsi karimo kugira uruhare mu kurwanya iterabwoba, gushyigikira iterambere ry’abaturage, no gushimangira imiyoborere y’inzego z’ibanze.
Ku nshuro ya mbere, mu Rwanda hatangiye igerageza ry'utudege duto tudakenera abapilote 'Drones', ariko dutwara abantu tuzwi nka 'eVTOL’
Urukiko rw'Ibanze rwa Nyarugenge rwakatiye  Prof. Omar Munyaneza wayoboye WASAC Group igifungo cy’ iminsi 30 y'agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha.
Mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y'Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Nzeri 2025, hafunguwe Ikigo gishya kizajya cyakira abitegura gusoza ibihano bakatiwe n'inkiko, ‘Rwamagana Social Reintegration Centre
Muhizi Anathole urega Banki Nkuru y’u Rwanda kumwambura inzu yari yaraguze, yandikiye Inteko Ishingamategeko umutwe wa Sena, asaba ko yamurenganura