Amakuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique zigize amatsinda ya RWABG VII na RWAMED X yita ku buvuzi, zahaye serivisi z’ubuvuzi abarenga 200 bo mu Bitaro bya Sam-Ouandja ku buntu.
Minisiteri y'Uburezi yashyize ingengo y'imari yasaga miliyari 32 Frw, mu mushinga mugari wo guhugura abarimu bo mu mashuri abanza n'ayisumbuye, bakamenya ururimi rw'Icyongereza
Inama y’Abaminisitiri, yateranye iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yatangaje ko hari gukorwa ivugururwa ry’ibiciro by’amashanyarazi.
Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda nyuma gusuzuma ikibazo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi ivuga ku Rwanda, isaba ko ingabire Victoire afungurwa, yanzuye ko leta y’u Rwanda yigenga, ifite ubusugire ,demokarasi  kandi igendera ku mategeko .
Inararibonye muri Politiki y’u Rwanda na Diporomasi, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, Dr Charles Murigande, yavuze ko yatangiye ubuhunzi afite imyaka ibiri ariko ko yari afite ishyaka ryo  kuba  mu gihugu no kucyubaka, anahishura ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ari umuntu ureba kure.
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika wungirije ushinzwe umugabane w’Afurika, Tibor Nagy yanenze igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC na Perezida Felix Tshisekedi, ku ngendo nyinshi akora mu mahanga mu gihe abaturage bo mu gihugu cye bicwa umunsi ku wundi
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Ronald Rwivanga, yagaragaje ko ibibazo byinshi by’umutekano muke n’ivangura muri Afurika bituruka ku buyobozi bubi n’imiyoborere idashyira imbere ubumwe bw’abaturage
Habiyaremye Zacharie uzwi nka 'Bishop Gafaranga, yitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ngo aburanishwe mu mizi, urubanza gusa urubanza ruburanirwa mu muhezo
Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, yatangaje ko umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu by’u Burayi (EU) usaba ko Ingabire Victoire Umuhoza arekurwa, ugamije gusuzuguro no kwinjirira ubusugire bw’igihugu cy’u Rwanda