Amakuru

Minisitiri w’Intebe yatangaje ko kuva serivisi yo guhindurira impyiko mu Rwanda yatangira, imaze gufasha Igihugu kuzigama  ibihumbi 800$ (asaga miliyari 1,172 Frw) kuva mu 2022.
Minisiteri y’Ingabo hamwe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bakiriye Abahagarariye mu Rwanda inyungu za gisirikare (Defence Attachés) z’ibihugu byabo mu Rwanda baziganiriza ku bijyanye n’umutekano w’u Rwanda n' uwo mu Karere. 
Umusaza w'imyaka 73 yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica nyirakuru aho bikekwa ko bapfuye amakimbirane.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) zumvikanye ku ngamba zitandukanye zigamije kongera ubufatanye, zirimo kunoza ihererekanyamakuru, gukora amarondo ahuriweho, no gukangurira abaturage batuye ku mipaka kwirinda ibikorwa byose binyuranyije n’amategeko.
U Rwanda rwakiriye abaturage 222 batahutse ku bushake bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bakaba bagarutse gutangira ubuzima bushya mu gihugu cyabo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko ubushomeri mu Rwanda bwagabanyutseho 2.5% mu 2025 aho Abanyarwanda badafite akazi (abashomeri) bageze kuri 676,340 bangana na 12.4%.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yashyizeho amavugurura mashya muri gahunda y’Ubwisungane mu kwivuza (Mituweli), agamije kurushaho kunoza serivisi z’ubuzima no gufasha Abanyarwanda gutanga umusanzu ujyanye n’ubushobozi bwabo.
Minisitiri w’Umutekano imbere mu gihugu, Vincent Biruta, yashyikirije Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou N’Guesso,o ubutumwa bwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga hagati y’itariki 16-20 Werurwe 2026, byinjije arenga miliyari 13 Frw avuye muri toni 9,651 z’ibyoherejwe byose hamwe.
Umuryango wa Imbuto Foundation ku bufatanye na Mount Kigali University, bahaye impamyabushobozi abarezi b'abana bato 23, baturutse mu ngo mbonezamikurire y’abana bato basanzwe  bafitanye imikoranire.