Amakuru

Senateri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lindsey Graham, yatangaje ko yishimiye amakuru avuga ko ingabo za AFC/M23 zavuye mu mujyi wa Uvira, ariko akababazwa no kumva ko izo ngabo zavuyeyo zirimo kugabwaho ibitero
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, yibukije abagize urugaga rw’abavoka, ko kumenya neza amategeko bibafasha gutegura neza urubanza, bikabagira abanyamwuga mu gutanga ubutabera
Mu nama Nkuru ya 17 y’umuryango FPR Inkotanyi, yabaye kuri uyu wa 19 Ukuboza 2025, yashyizeho inzego ziwugize aho hongewemo Visi Perezida wa Kabiri n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije. Hashyizweho kandi Urwego rw'Inararibonye, aho Umunyamabanga Mukuru yabaye Amb. Bazivamo Christophe.
Harabura iminsi iminsi itanu ngo Noheli yizihizwe ndetse n'indi itandatu ngo twinjire mu mwaka mushya wa 2026
Ishuri ryigisha ibijyanye no gutwara indege ry'Akagera Aviation School, ryahaye impamyabumenyi abapilote b’Abanyarwanda 18 basoje amasomo y’imyaka ibiri
Aba- frère babiri, bafunzwe , bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo witwa Benoit Hategekimana, wayoboraga ishuri rya EP Autonome de Butare, riherereye mu Karere ka Huye.
Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Simon Kabera, yaganiriye n'abayobozi n’abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima n'izindi nzego zishamikiyeho, abagaragariza isano riri iri hagati y’umutekano w’igihugu, ubuzima rusange n’ubushobozi bw’igihugu bwo kwiyubaka
Minisitiri w’Ubucuruzi n'Inganda, Prudence Sebahizi, yashimangiye ko biteguye gufasha ba rwiyemezamirimo b’abagore kongera umusaruro w'ibyo bakora no kubijyana ku isoko bifite ubuziranenge bwahangana n’ibindi bicuruzwa ku masoko mpuzamahanga.
Abagabo babiri bo mu karere ka Nyamasheke bari gushakishwa nyuma yo gukubita , bakagira intere ndetse bagakura amenyo umusore witwa Niyonsenga Léon w’imyaka 23 wiga mu wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye, bamuhora umukobwa bigana.
Minisiteri y'Ubutegetsi bw'igihugu,MINLOC, yatangaje ko izi ko umushahara w'abayobozi bo mu tugari ukiri hasi ariko hagitekerezwa uburyo bawongera , isaba ko nubwo waba ari hasi bidakwiye kuba intandaro yo gutanga serivisi itanoze ku baturage.