Inkuru Nshya

Ministiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yatangaje ko imyambarire y’umuraperikazi, Doja Cat waraye ataramiye i Kigali ntacyo itwaye mu buhanzi gusa ahishura ko uzabikora atari ku rubyiniro azaba akosheje.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko yanyuzwe cyane n’igitaramo cy’umuhanzikazi Doja Cat, avuga ko ari cyo gitaramo cyiza kurusha ibindi byose yigeze kwitabira muri iyo nyubako
Nta kabuza u Rwanda rumaze kwandika amateka mu ruhando rw'imyidagaduro muri Afurika, ibi byongeye gusinywa n'igitaramo cy'umuriro umuraperikazi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Doja Cat yakoreye mu mujyi wa Kigali
Mu gihe bamwe bumva ko ubwiherero ari ahantu ho kwikoza byakanya gato ukiranura n’umubiri ugahita ugaruka bwangu, hari abandi babibona nk’ikibuga cyiza cyo kwicaramo ndetse akaba ari n’umwanya mwiza wo gasura imbuga nkoranyambaga nka Instagram, TikTok, Snapchat n’izindi
Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru wa Global Citizen, Hugh Evans, ku mikoranire isanzwe hagati y’impande zombi igamije guteza imbere ubukungu, by’umwihariko mu nzego z’ubuzima n’uburezi
Sosiyete nyarwanda y'ubwikorezi bwo mu kirere, Rwandair, yatangaje ko igiye gusubukira ingendo zayo ziva ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe zerekeza i Kamembe mu karere ka Rusizi.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwagize abere gitifu w'akagari ka Gikonko mu murenge wa Gikonko mu karere ka Gisagara n'ukekwa ko yari komisiyoneri we.
Mu gihe habura iminsi icyenda gusa ngo irushanwa rya FIFA Series ritangira, abasifuzi bane b'Abanyarwanda batoranyijwe kuzasifura iyi mikino
Mu misozi ya Uvira mu Majyepfo y’intara ya Kivu y’Amajyepfo hongeye kumvikana imirwano hagati y'Ihuriro ry'Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, FARDC, n'ihuriro ry'ingabo za AFC/M23
Ingabo za Jamaica zashimiye Ingabo z’u Rwanda byimazeyo ku bw’ubutabazi zahaye iki gihugu cyo mu Majyaruguru ya Amerika nyuma yo kwibasirwa bikomeye n’inkubi y’umuyaga yiswe Melissa.