Inkuru Nshya

Mu gihe hitegurwa inama y'Igihugu y'Umushyikirano ya 20, izabera i Kigali tariki ya 4-5 Gashyantare, Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi igaragaza ko imyanzuro 13 yafatiwe mu nama iheruka ya 19, yashyizwe mu bikorwa ku kigero kiri hejuru ya 80%
Guverinoma y'u Rwanda, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Gashyantare 2026, yatangaje ko yoherereje ubufasha Mozambique, igihugu cyahuye n'imyuzure yatumye ibihumbi by'abaturage bava mu byabo
Ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yirukanye uwari umutoza wayo Masudi Djuma n’abungiriza be bose, ahita asimbuzwa Bizimana Abdou (Bekeni) wari usanzwe ushinzwe Tekinike muri iyi kipe
“Umwanzi ahora ku irembo kuko shitani aracyari umwami w’Isi. Ntitubikerense, akariho karavugwa, muzi ko dufite umuturanyi mu Majyaruguru y’igihugu cyacu utatubaniye neza, akaba ubu akomeza kuduhigira, akubita agatoki ku kandi”. Aya ni amwe magambo ya gashozantambara Perezida w’u Burundi Evaritse Ndayishimiye, yagiye atangaza ku Rwanda mu bihe bitandukanye
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze ikiganiro avuga kigamije gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi cyakozwe na Agatha Kanziga Habyarimana , umugore wa Juvénal Habyarimana.
Rwamukwaya Valens wakoze akazi ko gufata amashusho imyaka 38, akagasoreza muri RBA agiye mu kiruhuko cy'izabukuru, yitabye Imana ku myaka 70
Abanyeshuri ba Ntare Louisenlund riherereye i Nyamata mu karere ka Bugesera, basabwe kurangwa n'ingagaciro zaranze intwari zitangiye Igihugu.
Icyamamare mu muziki ku rwego mpuzamahanga, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido, yatangaje ko ateganya kubaka inzu yo kujya aza kuruhukiramo mu Mujyi wa Kigali
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati asatira, Hakim Sahabo, yamaze kwerekanwa nkuymukinnyi mushya w’ikipe ya AEK Athens yo mu Bugereki ikina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri icyo gihugu.Ikipe ya  AEK Athens yifashishije imbuga nkoranyambaga zayo ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 02 Gashyantare 2026, basangije amafoto ya Hakim Sahabo abakunzi b’iyi kipe maze imuha ikaze mu muryango mugari w’iyi kipe.
Ubwo mu 2019, Rwakazina Marie Chantal wari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali,yahabwaga inshingano zo kuba Ambasaderi w'u Rwanda mu Busuwisi, agasigira inshingano Busabizwa Parfait wari Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe iterambere ry’Ubukungu kuyobora Kigali, yamusigiye umukoro wo kunoza ibijyanye n'ubwikorezi bwari bwarabaye ikibazo gikomeye ku ba Nyamujyi

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka