Inkuru Nshya

Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, MINICOM, yatangaje ko leta yatangiye ibiganiro n'abacuruza bakanatumiza ibikomoka kuri peteroli n'abandi bacuruzi bashobora kugerwaho n'intambara iri mu Burasirazuba bwo hagati.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu minsi 10 ya mbere y’ukwezi kwa Werurwe 2026, hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 30 na 120, ikaba iri hejuru gato y’ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gice yabaga iri hagati ya milimetero 20 na 90.
Umuhanzi Maniraruta Martin wamamaye mu muziki nka Mani Martin yishimiye gusura Ingoro y’Amahoro iherereye i Hiroshima mu Buyapani, avuga ko yahigiye byinshi
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye bamwe mu bayobozi bakuru b'Ingabo z’u Rwanda (RDF), ivuga ko bibogamye kandi bigamije kugaragaza isura ihabanye n'ukuri ku bibazo by’umutekano muke bimaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC)
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr Usta Kaitesi, yakiriye kopi z’impapuro zemerera ba Ambasaderi batatu bashya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu mashusho yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Mbere, tariki ya 2 Werurwe 2026, bakubitira ndetse bakurura umukobwa mu muhanda.
Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bagiye guhurira mu Nama Isanzwe ya 25, izabera i Arusha muri Tanzania ku wa 7 Werurwe 2026.
Kuva mu mpera z'icyumweru gishize , ibintu byafashe indi ntera mu Burasirazuba bwo hagati , kubera intambara ihanganishije Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel.
Abaririmbyi b'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bagize itsinda rya Ben na Chance, bararikiye abakunzi babo kuzitabira ku bwinshi igitaramo cya Pasika bazakorera mu nyubako y'imyidagaduro ya BK Arena