Inkuru Nshya

Ministiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yakebuye urubyiruko rujya ruvuga ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bitarureba  abibutsa ko kwibuka ari inshingano ihoraho.
Mu nama y’umutekano ya Loni, yayobowe na Massad Boulos, u Rwanda rwongeye kugaragaza impungenge zikomeye ku mutekano muke ukomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rusaba kurandura burundu FDLR.
Minisitiri w’Intebe yatangaje ko kuva serivisi yo guhindurira impyiko mu Rwanda yatangira, imaze gufasha Igihugu kuzigama  ibihumbi 800$ (asaga miliyari 1,172 Frw) kuva mu 2022.
Minisiteri y’Ingabo hamwe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bakiriye Abahagarariye mu Rwanda inyungu za gisirikare (Defence Attachés) z’ibihugu byabo mu Rwanda baziganiriza ku bijyanye n’umutekano w’u Rwanda n' uwo mu Karere. 
Umusaza w'imyaka 73 yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica nyirakuru aho bikekwa ko bapfuye amakimbirane.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) zumvikanye ku ngamba zitandukanye zigamije kongera ubufatanye, zirimo kunoza ihererekanyamakuru, gukora amarondo ahuriweho, no gukangurira abaturage batuye ku mipaka kwirinda ibikorwa byose binyuranyije n’amategeko.
U Rwanda rwakiriye abaturage 222 batahutse ku bushake bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bakaba bagarutse gutangira ubuzima bushya mu gihugu cyabo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko ubushomeri mu Rwanda bwagabanyutseho 2.5% mu 2025 aho Abanyarwanda badafite akazi (abashomeri) bageze kuri 676,340 bangana na 12.4%.
Abaturage batuye mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe bishimiye amazi meza begerejwe, bavuga ko agiye kubafasha kurushaho kunoza isuku no kwirinda indwara ziterwa n’amazi mabi, banasabwa kuyabungabunga kugira ngo azabagirire akamaro karambye.
Gandhi Alimasi Djuna ukomoka muri RDC wamamaye mu muziki nka Maître Gims yatawe muri yombi aho akurikiranyweho icyaha cyo kunyereza amafaranga ndetse no kudasobanura inkomoko y’umutungo we.