Inkuru Nshya

Mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, tariki ya 24/03/2026, haravugwa ibitero bikomeye byagabwe mu gace ka Kalehe, mu ntara ya Kivu y’amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Umuyobozi w’Urwero rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), Scovia Mutesi, yabwiye Abadepite ko amikoro adahagije atiza umurindi imikorere mibi y’itangazamakuru, kutubahiriza amahame no gutakarizwa icyizere na rubanda, asaba Leta gufasha mu gukemura iki kibazo.
Mu gihe habura iminsi ibiri yonyine u Rwanda rukandika amateka yo kuba igihugu cya mbere muri Afurika, cyakiriye imikino ya gicuti ya FIFA Series, kuri ubu imyiteguro iragana ku musozo.
Ikigo cy’Abadage gikora imodoka, Volkswagen, cyanyomoje amakuru yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko kigiye guhagarika ibikorwa byacyo mu Rwanda, kivuga ko nta shingiro afite.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yavuze ko kimwe mu byabafashije kuza ku isonga mu kwesa imihigo y’Uturere y'umwaka wa 2024/2025 ari gahunda zitandukanye zashyizweho harimo iyitwa ‘Bwije nkoze iki’ ibafasha gukora isuzuma haba ku ruhande rw’abayobozi ndetse n’abaturage.
Ikigo cy’Abongereza, SkyTrax cyashyize ku mwanya wa gatatu Ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali mu byiza mu karere n’uwa munani ku mugabane wa Afurika mu mwaka wa 2026.
Umuyobozi wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles, KNC, yagaragaje ko atishimiye icyemezo cy’Urwero rutegura Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, cyo gutera mpaga ikipe ya Gasogi United