Inkuru Nshya

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Stephen Patrick Mbundi ku bufatanye bw’u Rwanda n’uyu Muryango.
Ibiganiro hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo byasize ibihugu byombi bigaragaje ubushake mu kuzahura umubano umaze igihe warajemo agatotsi.
Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w'u Rwanda wa 2016 yatangaje ko yiteguye kujyana mu nkiko umuhanzi wo muri Uganda, Moses Ssaali uzwi nka Bebe Cool, amushinja kumusebya no kumukwirakwizaho amakuru y'ibinyoma ku mbuga nkoranyambaga
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yasuye Urwibutso rwa Hector Pieterson ruherereye i Soweto, yunamira urubyiruko rwagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kurwanya ivanguramoko no guharanira ubwisanzure bw’abaturage ba Afurika y’Epfo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko iyo abagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi baza kuba baritekerezagaho gusa cyangwa bagaharanira inyungu zabo, u Rwanda rutari kuba rugeze ku rwego rugezeho uyu munsi
Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi barahiriye inshingano nshya bahawe ko bakwiye kumenya no gusobanukirwa uburemere bw’indahiro barahiriye ababwira ko kuba umuyobozi muri leta inshingano za mbere ari ugukorera abaturage no guharanira imibereho yabo myiza.
Umuyobozi w'Ishami ry'Igihugu rishinzwe gutanga amaraso, Dr. Muyombo Thomas, yatangaje ko urubyiruko ruri hagati y'imyaka 18 na 35 ari rwo rugira uruhare runini mu gutanga amaraso, kuko rugize 78% by'abayatanga mu Rwanda
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, ari kumwe n’itsinda ayoboye bageze i Pretoria muri Afurika y’Epfo mu biganiro bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi.
Perezida wa Repubulika y'u Rwanda akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda (RDF), Paul Kagame, yagize Brig Gen Patrick Karuretwa Umuvugizi mushya w'Ingabo z'u Rwanda
Ku munsi nk’uyu, tariki ya 17 Kamena 1994, habaye inama ya Guverinoma yayobowe na Jean Kambanda aho bagaragaje ikibazo cy’uko hari abayobozi n’abasirikare bahunga aho intambara ikomeye bakajya gushakira ubuhungiro ahandi, banagaragaza ko hari intege nke mu bufatanye bwa Guverinoma

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka