Inkuru Nshya

Ba ofisiye bakuru biga mu ishuri rikuru rya Polisi (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze, bari mu rugendoshuri mu gihugu cya Algeria mu rwego rwo guhuza amasomo bigira mu ishuri n'ibikorerwa mu kazi.
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y'u Rwanda, Prof. Didas Kayihura Muganga, yatangaje ko ireme ry'uburezi muri iyi Kaminuza rihagaze neza ku buryo hari abasoza amasomo baramaze kubona imyanya y'akazi ku isoko ry'umurimo.
Umuhanzi Nyarwanda Bruce Melodie yongeye kwandika andi mateka aho yujuje abamukurikira ‘Subscribers’ , miliyoni imwe kuri shene ye ya Youtube maze izina rye rihita ryandikwa ku rutonde ruriho abahanzi mbarwa mu Muziki Nyarwanda.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Thelesphore Ndabamenye, yagaragaje ko hakenewe amavugurura ya politiki no kwihutisha udushya mu by’ingufu z’imirasire y’izuba hagamijwe kugera ku ikoranabuhanga rihendutse kandi ryoroshya ubuzima bw’abahinzi ari na ko ryongera umusaruro rikanasigasira umutekano w’ibiribwa.
Umunya – Ghana ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya APR FC, Dauda Yussif Seidu yatangaje ko yiteguye gukinira Amavubi mu gihe cyose yaba abisabwe.
Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi Abanyarwanda 25 bacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Kisoro.
Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda yatangaje ko isukari u Rwanda rutumiza mu mahanga yagabanutseho 36.5% mu 2025, ndetse n'agaciro kayo kagabanukaho 39.1%
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 04 Gicurasi 2026, nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije urubanza rw’ubujurire ku gihano cy’igifungo cy’imyaka itatu yakatiwe abarimo Umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien wamamaye nka Djihad na bagenzi be barimo Kalisa John, Ishimwe François Xavier na Kwizera Nestor ku byaha bakurikiranyweho byo gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko bari hari gukorwa igeregeza rigamije kureba niba imodoka zikoresha ibikomoka kuri peteroli (lisansi na mazutu) zahindurwa iz’amashanyarazi cyangwa gaze nk’uko bikorwa kuri moto