Inkuru Nshya

Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Muri iki cyumweru cyo kunamira inzirakarengane z’Abatutsi zishwe mu 1994, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, MINUBUMWE, yagaragaje ibikorwa biteganyijwe mu Cyumweru cy’icyunamo, itangaza ko ibikorwa byose n’indi mirimo byemerewe gukomeza nyuma y’igikorwa cyo Kwibuka.
Ikipe ya Arsenal binyuze mu bakinnyi bayo barimo Jurrien Timber, David Raya , Christian Nørgaard ndetse na Ben White yageneye ubutumwa u Rwanda ndetse n'Isi muri rusange, muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Byabereye mu karere Nyanza mu murenge wa Busoro mu kagari ka Munyinya mu mudugudu Karambi,aho mu mpera z'icyumweru gishize abaturage batanze amakuru ko basanze uwitwa NAMBAJIMANA Alexis w'imyaka 62 yiciwe mu nzu iwe aboshye amaboko babona amaraso mu ruganiriro (salon) ku musambi yararagaho, umurambo we ugaramye mu kindi cyumba bamukingiranyemo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Siyansi n’Umuco, UNESCO, ryijeje uruhare rwaryo mu guteza imbere uburezi ku byerekeye Jenoside bizafasha mu guhangana n'ivangura iryo ari ryo ryose.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres yatangaje Isi yose ikwiye kwigira ku makosa yabaye ubwo mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 amahanga yose arebera avuga ko Isi yose ikwiye gukuramo amasomo.
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AU, watangaje ko uzifatanya n’Abanyarwanda n’Isi yose mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Ikipe ya Marines FC yabonye inota rimwe ry'ingenzi nyuma yo kugwa miswi na Al Hilal SC mu mukino w'umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB,Dr Murangir B Thierry, yavuze ko mu mwaka ushize wa 2025, uru rwego rwakiriye ibirego bisaga 480 bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB,Dr Murangir B Thierry, yavuze ko iyo abantu basobanukiwe impamvu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari ibya buri wese, bituma birinda ibyaha.