Inkuru Nshya

Abapadiri babiri bo muri Diyosezi ya Byumba batawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu Karere ka Gatsibo kubera gusomera misa ahatemewe.
Minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye abanyarwanda gukosora imvugo ikoreshwa ku bakora uburaya, anenga ababitirira izina ry’“indangamirwa”, avuga ko rinyuranye n’igisobanuro nyacyo cy’iri jambo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko mu 2028 ari bwo Abanyarwanda bazatangira gutekesha gaz methane icukurwa mu kiyaga cya Kivu. 
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yasabye Abanyarwanda gufasha leta y’u Rwanda mu kubahiriza ingamba zo kugabanya ingano y’ibyo bakoresha cyane cyane ibitumizwa hanze mu rwego rwo guhangana n’ingaruka ziri guterwa n’intambara iri kubera mu Burasirazuba bwo Hagati.
U Rwanda rwitabiriye Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo riri kubera muri Pakistan, aho rwamurikiye abaryitabiriye umwihariko w’ubukerarugendo bwarwo n’ibyiza nyaburanga birutatse rubashishikariza kuza kurusura.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, na Wedfaq Ajdabiya yo muri Libya, Nshuti Innocent yambitse impeta umukunzi we, Uwase Nice,  bamaze imyaka myinshi bakundana amusaba kumubera umugore.
Umunyamakuru wa RBA, Lucky Nzeyimana n'umugore we Murekatete Divine bari mu byishimo byo kwibaruka umwana wa gatatu wabo bise, Shahzain Nganji Shariq.
Abashoramari biganjemo abakoresha ikoranabuhaga mu buzima bwabo bwa buri munsi bagaragaje ko ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga bugiye kuba isoko nshya y’ubukungu mu Rwanda.
Ikipe ya Rayon Sports yananiwe gukora ibyo yari yitezweho igwa miswi na Gicumbi FC itahabwaga amahirwe yongera gutuma abafana bajya mu bwigunge.