Inkuru Nshya

U Bubiligi bwigaranye umugambi wo gufasha u Burundi kugaba ibitero ku Rwanda

Amateka aranditswe! Rwanda Premier League yasinyiye akayabo

Nduhungirehe yasabye urubyiruko kurinda Igihugu abashaka kugisubiza mu icuraburindi

Umuraperikazi Candy Moon Supplier ari mu rukundo na M1

Mu gihe u Rwanda n’Isi yose muri rusange bitegura kwinjira mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima, RBC, cyatangaje ko cyateguye uburyo abazajya bahura n’ihungabana mu bihe cyo Kwibuka bazajya babona ubufasha mu buryo bwihuse.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umutwe wa M23 utaturutse mu Rwanda ahubwo ari umutwe wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo w’Ihuriro rya AFC/M23 ndetse ukaba ukorana n’uwahoze ari Perezida wa Congo, Joseph Kabila akorana na wo.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatamaje uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, wavuze ko ihuriro rya AFC/M23 ari ryo rigaba ibitero ku Banyamulenge batuye mu Minembwe no mu nkenegero zaho nyamara ibyo bayishinja ari ibikorwa by’ingabo za Leta (FARDC), zifatanyije  n’iz’u Bbarundi, FDLR na Wazalendo.
Umuhanzi Juno Kizigenza yiseguye ku bafana be yari yijeje ko agiye gusohora Album ye nshya yise “OTA” , bikarangira bategereje amaso agahera mu kirere.
Kuri uyu wa Gatatu, mu biro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro, habereye inama y’Abaminisitiri iyobowe na Perezida Paul Kagame, yize ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw'igihugu n'abanyarwanda muri rusange
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje abarangiza amasomo ya tekinike, imyuga n'ubumenyingiro TVET, bakabona akazi biyongeyeho 9.9% mu myaka itanu aho bavuye kuri 58.2% bari ho mu 2021 bakagera kuri 68% mu 2025.
Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bitegura kwinjira mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango wa AVEGA Agahozo  wita ku babyeyi bagizwe abapfakazi na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, urasaba Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda gukomeza kugaragaza umutima wo gufasha no kwita ku barokotse Jenoside, by’umwihariko abagaragaza ibimenyetso by’ihungabana.
Umutoza Haringingo Francis Christian uherutse gutangazwa nk’umutoza mushya w’ikipe ya Rayon Sports, ari mu mayira abiri nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports imureze kutubahiriza amasezerano bafitanye.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka