Inkuru Nshya

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko abahanzi batatu b'abanyarwanda Davis D, Kenny Sol na Diez Dola bazaya basusurutsa abantu bazajya bitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026 iri kubera mu Rwanda muri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium.FERWAFA yatangaje ko aba bahanzi bazasusurutsa abantu kuva ku mikino yo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Nyakanga 2026 izabera muri Kigali Pele Stadium.
Umukinnyi w'umunya-Ghana Agyenim Boateng Mensah ukina nka rutahizamu yamaze kongera amasezerano y'umwaka umwe mu ikipe ya Mukura VS&L azamugeza muri 2027.
Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko ko ari rwo rufite inshingano zo gukomeza mu murongo u Rwanda rwihaye wo kudasubira mu mateka mabi yaruranze arimo ubukoloni bwasenye ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse yagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko kwiga no kuvuga ururimi rw'ikinyarwanda neza,bakajya bagikoresha mu buryo butagoretse.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ya baskebtall y'abatarengeje imyaka 18 mu ngimbi yageze ku mukino wa nyuma w'imikino y'akarere ka 5 yo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika nyuma yo gutsinda ikipe y'igihugu ya Uganda amanota 70-65 bisabye iminota y'inyongera.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gahunda yo guhagarika buhoro buhoro ikoreshwa ry’imiyoboro ya telefoni igendanwa ya 2G na 3G, mu rwego rwo kwimukira ku ikoranabuhanga rya 4G na 5G rizatanga serivisi za murandasi yihuta kandi zizewe ku baturage.
Guverinoma ya Kenya yatangaje ko yemereye u Rwanda kunyuza ku cyambu cya Mombasa litiro miliyoni 52 z’ibikomoka kuri peteroli, bikazatwarwa n’amakamyo bikagezwa mu Rwanda.
Minisiteri y’Imari n’lgenamigambi (MINECOFIN) yatangaje ko u Rwanda rugiye kwakira Inama ya 26 y’Abaminisitiri bo mu bihugu bigize Umuryango ugamije kurwanya iyezandonke muri Afurika y’lburasirazuba n’iy’Amajyepfo (ESAAMLG).
Mu Rwanda umubare w’abakoresha imirasire y’izuba ukomeje kwiyongera aho kuri ubu ingo zisaga 900 arizo ziyikoresha mu zisaga 3000 ziri mu gihugu kugeza ubu. Gusa abayikoresha bakagaragaza imbogamizi zo gutunga ibikoresho bifite ubushobozi bwisumbuye no kuba batemerewe kurenza imirasire itanga hejuru ya kilowate 100. 
Umunyarwandakazi Florence Niyonkuru yegukanye umudari w'umuringa (Bronze Medal) mu mikino ya Commonwealth iri kubera Glasgow muri Ecosse mu cyiciro cyo gusiganwa ku maguru ku ntera ya metero ibihumbi 10 (10,000 m), bimugira umunyarwanda wa mbere wegukanye umudari muri iyi mikino.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka