Inkuru Nshya

Umuherwe w’Umunyamerika, Bill Gates uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, ashima uburyo u Rwanda rwongeye kwiyubaka nyuma y’ibihe bikomeye rwanyuzemo.
Mu gihe imirimo yo gutanganya no gusubiranya ibishanga byo mu Mujyi wa Kigali iri kugana ku musozo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko urusobe rw’ibinyabuzima rwatangiye kongera kugaruka muri ibi bishanga.
Nubwo siporo ari ingenzi mu kubungabunga ubuzima bw’umuntu ariko ubushakashatsi bwerekana ko igihe ikorerwa gishobora kugira uruhare runini ku mikorere y’umutima n’ireme ry'ibitotsi. 
Ku bantu benshi, nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina usanga umubiri uba wacitse intege wananiwe ku buryo bahita bumva basinzira. Ibi ni ibintu bisanzwe biterwa n’imihindagurikire y’imisemburo ndetse n’imbaraga umubiri uba umaze gukoresha.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no hagati, CECAFA, yashyize hanze ingengabihe y'uko imikino y'irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 izakinwa kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 7 Kanama 2026.Umukino uzahuza Vipers SC yo muri Uganda na FC Garde Republicaine yo muri Djibouti niwo uzabimburira indi ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2026 saa cyenda z'umugoroba muri Sitade Amahoro, ukurikirwe n'uzahuza APR FC na Gor Mahia FC yo muri Kenya uzatangira saa moya z'umugoroba.
Impera z'icyumweru gishize zasize hamenyekane amakipe 4 azakina imikino ya kamarampaka yishakamo ikipe izatwara igikombe cya Shampiyona y'Icyiciro cya mbere muri basketball mu bagabo ariyo Patriots BBC, APR BBC, REG BBC na RSSB Tigers, naho AZOMCO BBC na Inspired Generation zimanuka mu cyiciro cya kabiri.
Perezida w'urukiko rw'ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, yasabye abanditsi b'inkiko, abacamanza n'abashakashatsi mu by'amategeko gukomeza kwiyungura ubumenyi kugira ngo barusheho guca imanza zirebana n'ubutaka n'iz'umuryango mu buryo bunoze kandi buhuje.
Umuherwe w'Umunyamerika akaba n'uwashinze Gates Foundation na Microsoft, Bill Gates, yavuze ko yishimiye kongera kugirira uruzinduko mu Rwanda, agaragaza ko atewe ishema n'iterambere igihugu kimaze kugeraho mu nzego z'ubuzima, ubuhinzi n'ibikorwaremezo by'ikoranabuhanga bifasha abaturage kubona serivisi za Leta.
Mu ishingwa ry’ihuriro Rwanda National Congress (RNC) intego zari ukubuza umutekano u Rwanda dore ko ryashinzwe n’abahoze ari abayobozi muri politiki y’u Rwanda nka Gen. Kayumba Nyamwasa na Dr. Theogene Rudasingwa ariko kuri ubu RNC ahubwo ibuza amahoro abayishinze dore ko batatanye nk’inzuki zitagira urwiru.
Nubwo hari intambwe yatewe, u Rwanda rugaragaza ko rukeneye hagati ya 12% na 21% by’umusaruro mbumbe warwo kugira ngo intego zose zizagerweho uko zakabaye mu 2030 mu gihe mu mwaka wa 2024-2025 byari bikiri kuri 8%.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka