Camille Ndikumana

Camille Ndikumana

Abasirikare b'u Rwanda muri brigade ikora ibijyanye n’ubwubatsi , boherejwe muri Jamaica mu gutanga umusanzu wo gufasha iki gihugu gusana ibyangijwe n'umuyaga wiswe Melissa.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamenyesheje amakipe ane yabaye aya mbere muri Shampiyona ya 2024/25 ariyo APR FC, Rayon Sports FC, Police FC na AS Kigali, ko azakina Igikombe cy'Intwari (Heroes Cup 2026), aho kuba ane ya mbere muri Shampiyona ya 2025/26
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, yatangariye u Rwanda nyuma yo gutembera ibice bitandukabye by'igihugu birimo Huye,Nyanza, Bugesera,Rusizi, Rulindo na Musanze .
Sosiyete y’Indege ya RwandAir yatangaje ko ibihu byinshi mu kirere byatumye hatagaragara neza bityo zimwe mu ngendo zari ziteganyijwe zigijwe inyuma
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Gihugu “Rwanda Premier League” rwatangaje ingengabihe y'uko amakipe azahura mu mikino yo kwishyura ya 2025/26, izatangira tariki 30 Mutarama 2026
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi,mu Murenge wa Mutete, baratangaza ko inzoga y'inkorano bise " Magwingi" ikomeje kugira ruhare mu guteza umutekano mucye no kwangiza urubyiruko.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA , ryirukanye , Adel Amrouche wari umutoza w'Amavubi kubera umusaruro udashimishije.