Guillaume NIYONKURU

Guillaume NIYONKURU

Kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Nzeri 2026, ikigo Roc Nation Sports (RNS) and Roc Nation Sports International (RNSI) kireberera inyungu z’abakinnyi cyatangaje ko cyasinyishije umukinnyi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Leonard Craig Randall II usanzwe akinira APR BBC.
Rutahizamu w’umunyarwanda Noam Fritz Emeran yerekeje mu ikipe nshya ya FC Stade Lausanne Ouchy yo mu Busuwisi nyuma yo gutandukana na FC Groningen yo mu Buholandi yari amazemo imyaka 3.
Ikipe ya FC Les Aigles du Congo ishobora kutarara i Kigali mu Rwanda mu gihe yitegura gukina n’ikipe ya APR FC mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League uzabera muri Sitade Amahoro ku wa Gatanu tariki 11 Nzeri 2026 saa 18:00.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Nzeri 2026, Pape Thiaw wahoze ari umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal, yasuye ibiro by’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ndetse aganiriza n’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’ingimbi zitarengeje imyaka 20 iri mu myiteguro y’imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’ingimbi zitarengeje imyaka 20 yageze muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika nyuma yo kwitwara neza igatsinda iya Zimbabwe ibitego 32-16.
Abanyarwanda barimo umuhanzikazi Buter Knowless, Mutesi Jolly, Sherrie Silver na Clapton Kibonge bashyizwe mu bahataniye ibihembo bya Zikomo Africa & Caribbean bizatangirwa i Dar es Salaam muri Tanzania tariki 9 Ukuboza 2026.
Umwaka w’imikino wa 2026-2027 wamaze gutangira ndetse n’imikino ya Shampiyona yaratangiye mu bihugu bitandukanye.Amakipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, Bayern Munich yo mu Budage, Atletico Madrid yo muri Espagne na Aston Villa yo mu Bwongereza afitanye imikoranire na Visit Rwanda nayo yatangiye umwaka w’imikino akina Shampiyona zo mu bihugu byayo.Muri iyi nkuru Umunota ugiye kugaruka ku gishobora kwitegwa kuri aya makipe afitanye imikoranire na Visit Rwanda muri uyu mwaka w’imikino n’ubwo atari kugira intangiriro nziza yose.
Ikipe ya FC Ujeco yo muri Djibouti yasinyishije abakinnyi babiri b’abanyarwanda Iradukunda Brillante ukina mu busatirizi na Mutuyemariya Florentine uzwi nka Kalaba nyuma y’uko bayikiniye muri CECAFA y’abagore yo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League iheruka kubera i Kigali mu Rwanda.
Impera z’icyumweru gishize zaranzwe n’ibikorwa byinshi bitandukanye mu mikino nk’umupira w’amaguru, Volleyball, handball na basketball. Muri iyi nkuru Umunota ugiye kugaruka ku bikorwa by’ingenzi by’imikino byabaye mu mpera z’icyumweru gishize kuva ku wa  Gatanu tariki 4 Nzeri kugeza ku Cyumweru tariki 6 Nzeri 2026.