IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko imikoranire ya Afurika, Caraïbes na Pasifika ari ingenzi mu kugira ijambo mu miyoborere y’Isi, gufata ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kugera ku iterambere rirambye.
Urubyiruko rusaga 700 ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 16 basuye Ingoro y'Amateka y'Urugamba rwo Kubohora Igihugu iri ku Mulindi w'Intwari mu Karere ka Gicumbi, bahakura ingamba zo kugera ikirenge mu cy’inkotanyi zabaye intwari no gusigasira igihugu zarwaniriye.
Muri iyi nkuru, turagaruka ku bayobozi batanu bamaze kuyobora Minisiteri nyinshi mu Rwanda, abo ni Dr. Vincent Biruta, James Musoni, Dr. Jeanne d'Arc Mujawamariya, Dr. Charles Murigande na Dr. Valentine Uwamariya.
Komisiyo ya Sena y'Ubukungu n'Imari yatangiye igikorwa cyo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma mu kugeza amashanyarazi ku baturage, hagamijwe gusuzuma aho ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kwegereza amashanyarazi abaturage igeze.
Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagore n’Abagabo mu Mutwe w’Abadepite iri mu ngendo mu gihugu hagamijwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’Igihugu yo Kwegereza Ubuyobozi n’Ubushobozi Abaturage yo mu 2021.
Umunyamerika Ashton Hall, uherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda, yashyizwe ku rutonde rwa Forbes Top Creators 2026, rw'abantu 50 bakoresha imbuga nkoranyambaga (content creators) binjirijeho amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yashimangiye ko intambwe u Rwanda rumaze gutera zishingiye ku cyerekezo 2050, no ku kuba igihugu ubwacyo gifata iya mbere mu gutegura no gushyira mu bikorwa gahunda z'iterambere.
Ba Ofisiye 26 bo mu nzego Aya mahugurwa agamije kongerera abayitabiriye ubumenyi n’ubushobozi mu miyoborere, igenamigambi no gufata ibyemezo. z'u Rwanda bitabiriye amahugurwa ku micungire y'urwego rw'ingabo
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, yasabye abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) gukomeza kuzamura ibendera ry’u Rwanda bakora kinyamwuga nk’uko bisanzwe. 
Mu rwego rwo koroshya no kunoza uburyo bwo kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga, guhera ku wa 14 Nyakanga 2026, abakoresha konti za banki n'iz'ibigo bitanga serivisi z'imari bakoresha ikoranabuhanga bagiye gutangira gukoresha sisitemu ya eKash mu kohereza no kwakira amafaranga.