IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Arikiyepisikopi wa Kigali akaba na Perezida w'Inama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda, yasabye Abanyarwanda guhumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe u Rwanda rugiye kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abapadiri babiri bo muri Diyosezi ya Byumba batawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu Karere ka Gatsibo kubera gusomera misa ahatemewe.
Ibiciro by'ibikomoka kuri Peteroli byazamutse ndetse n'iby'ingendo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara bihita byiyongera hashingiwe kuri iryo zamuka rya lisansi na Mazutu.
Ikipe ya Kiyovu Sports yareze umutoza Haringingo Francis wari usanzwe ayitoza, mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, imushinja kutubahiriza amasezerano
Polisi y’u Rwanda iri gushakisha umugabo ukekwaho kwica umugore we babanaga mu nzu bitemewe n’amategeko [batarasezeranye], agahita atoroka.
Nyuma yo gutaha ku bushake ndetse no guhugurwa amezi atatu, abitandukanyije n’umutwe witwaje intwaro ugizwe n'abasize bakoze Jenoside mu Rwanda wa FDLR, berekeje mu miryango yabo bamwe baherukagamo mu myaka irenga 30 ishize
Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare (RDRC), Nyirahabineza Valérie, yavuze ko kugirango abanyarwanda baba mu mutwe w’iterabwoba ba FDLR  batahe bibagora cyane kugeza bageze mu bice bigenzurwa na M23 yo ikaba inzira mu gihe abandi babasubizayo bakanabica.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yasabye abahoze mu mutwe witwaje intwaro wa FDLR,  kuzaba intumwa nziza mu gakangurira abo basize mu mashyamba gutaha, ndetse no kunyomoza ibihuha by’abaharabika u Rwanda.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda "Amavubi" yatsinze Estonia ibitego 2-0, yegukana Igikombe cy'imikimo Mpuzamahanga ya gicuti ya FIFASeries mu Itsinda A.
Minisiteri y'Uburezi yagaragaje ko umubare w’abanyeshuri bafite ubumuga bari mu mashuri wiyongereyeho 2,8% muri 2024/2025, icyakora ikigero cy'imitsindire yabo kikiri hasi hakaba hagikomeje kongerwa imbaraga.