Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko urugendo rw’u Rwanda mu kwiyubaka no kwihutisha iterambere rwubakiye cyane ku bufatanye rwagiranye n’ibindi bihugu n’imiryango mpuzamahanga
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva yagaragaje ko urugendo rw’u Rwanda rwo kongera kubaka Igihugu no kugiteza imbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi rwashingiye ku miyoborere myiza n’icyerekezo cyatanzwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame
Ihuriro rya Rukomo Investment Gateway ryatangaje ko hagiye gushorwa amafaranga arenga miliyari 5 Frw mu kubaka Santire ya Rukomo, ifatwa nk'izingiro ry'ubucuruzi mu Karere ka Gicumbi
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yasabye Abanyarwanda kurushaho gusobanukirwa ingengabitekerezo y'urwango n'amacakubiri yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ashimangira ko ari imwe mu nzira zo gukumira ko amateka mabi yasubira
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Eng. Damien Murwanashyaka, yatorewe gusimbura Minisitiri w’Ibikorwaremezo wa Malawi, Jappie Mhango, ku buyobozi bw'inama Nkuru y’Abaminisitiri b’ibihugu bigize Umuhora wo Hagati (CCTTFA)
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yabwiye aba ofisiye 38 basoje amasomo mu ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda ko kurangiza amasomo atari iherezo ry'inzira yo kwiyungura ubumenyi, ahubwo ari intangiriro y’urugendo rushya rwo kurinda umutekano
Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph, yatanze impamyabumenyi z'Icyiciro cya mbere cya Kaminuza n'iz'Icyiciro cya gatatu cya Kaminuza ku bapolisi 38 barimo Abanyarwanda 23 na 15 baturutse mu bihugu by'amahanga barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi y'u Rwanda
Umunyamabanga wa Leta muri MINUBUMWE, Uwitonze Mahoro Eric, yatangaje ko Guverinoma yihaye gahunda yo kongera imbaraga mu kwigisha abaturage ububi bw’imvugo zibiba urwango, ndetse no gukorana n’izindi nzego mu kumenya, gukurikirana no guhana abagaragarwaho no gukwirakwiza izo mvugo