Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ubushakashatsi bwakozwe na Brigham Young University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, buyobowe na Prof. Julianne Holt-Lunstad, bwasesenguye ubushakashatsi burenga 140 bwakorewe ku bantu barenga miliyoni eshatu, Bwerekanye ko kubaho mu bwigunge cyangwa kutagira imikoranire n'abandi byongera ibyago byo gupfa imburagihe ku kigero kiri hagati ya 26% na 32%.
Muri Mata 2025, ni bwo Minisiteri y'Ubuzima yatangije ku mugaragaro Ikigo cy'Igihugu gishinzwe gukusanya no gusesengura amakuru y'Ubuzima hakoreshejwe ubwenge buhangano (NHIC), aho cyashyizweho nk’urubuga rw'ikoranabuhanga ruhuza amakuru y'ubuzima aturuka ahantu hatandukanye mu gihugu, rukayasesengura rukagaragaza ibimenyetso bifasha mu gufata ibyemezo, gutegura gahunda no guteza imbere ubuzima bw'abaturage.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nzansimana Sabin, yagaragaje ko kwihutisha no gusangizanya amakuru y’ubuzima hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi ku buzima bw’abaturage batuye uyu mugabane, agaragaza ko ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano AI ari kimwe mubizakemura ibibazo bikigaragara muri uru rwego.
Ubwizigame bw’abanyamigabane mu cya Kigega cya RNIT Iterambere Fund bwageze kuri miliyari zirenga 149 Frw mu 2026 buvuye kuri miliyari 1 Frw  bwari ho mu 2016 ubwo iki kigega cyashingwaga.
Perezida Kagame yihanganishije Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, umuryango we, ndetse n'abaturage ba Qatar, ku bw'urupfu rwa se, Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani
Umuvugizi Wungirije w'Ingabo z'u Rwanda (RDF), Lt Col Simon Kabera, uyu munsi yakiriye ku Cyicaro Gikuru cya RDF giherereye i Kimihurura itsinda rigizwe n'urubyiruko 42 rw'Abanyarwanda biga mu mahanga.
Abanya-Sudan baba mu Rwanda basanga ibyo Perezida Paul Kagame avuga byo kunga ubumwe no gukorera hamwe kw’ibihugu bya Afurika ari byo bizafasha uyu mugabane kwiteza imbere ku buryo burambye.
Ubushakashatsi bw’Ikigo gishinzwe gukusanya amakuru ku myenda kizwi nka TransUnion Rwanda bwakozwe mu gihembwe cya mbere cya 2026, bwagaragaje ko 76% by'Abanyarwanda bateganya ko amafaranga binjiza azazamuka mu mezi 12 ari imbere, mu gihe 16% bateganya ko azaguma ku rwego ariho ubu.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yavuze ko ikibazo cyo kongera umushahara fatizo gihangayikishije leta ariko ko nanone gisaba ubushishozi kuko gikemuwe nabi gishobora guteza ibindi bibazo birimo no kongera umubare w’abashomeri mu gihugu.
Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Iyoherezwa mu Mahanga ry'Ibikomoka ku Buhinzi n'Ubworozi (NAEB) cyatangaje ko ibicuruzwa byoherejwe ku masoko mpuzamahanga hagati ya tariki ya 29 Kamena n'iya 1 Nyakanga 2026 byinjirije u Rwanda amafaranga arenga miliyari 9,18 Frw.