Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI, yatangaje ko hakozwe amoko atandatu mashya ya kawa yitezweho kuzamura umusaruro ushiobora kugera kuri toni ziri hagati y’eshanu na zirindwi kuri hegitari.
Mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Kinigi hatangiye ibikorwa byo kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzwi nka ‘Smart Green Village’, uzatwara arenga miliyari 72 Frw (miliyoni 49$)
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatangaje ko cyaguze imigabane yose yari isigaye mu bigo Inyange Industries Ltd na Ruliba Clays Ltd, bityo ubu ibigo byombi bikaba bifitwe na RSSB ku kigero cya 100%.
Mu Karere ka Gakenke mu ntara y’Amajyaruguru abahinzi ba kawa ku bufatanye n’inzego za leta bari mu gikorwa cyo gusazura ibiti bya kawa bitari bigitanga umusaruro uhagije aho basazuye ibiti birenga miliyoni eshatu.
Perezida Paul Kagame yakiririye Thabo Mbeki, wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo bagirana ibiganiro byibanze ku miyoborere myiza nk’umusingi w’impinduka Afurika ikeneye.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2026, Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru w’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), Wamkele Mene, baganira ku buryo bwo kurushaho gushyira mu bikorwa amasezerano agamije guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu by’Afurika.
Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko kuba amatike y’indege muri Afurika ahenda cyane ahanini biterwa n’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, imisoro n’amahoro y’ibibuga by’indege ndetse n’izindi nzitizi zituma ibiciro  by’indengo zo mu kirere bihenda.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko u Rwanda rwakiye inguzanyo izifashishwa mu bikorwa by’iterambere iri mu bice bibiri ifite agaciro ka miliyoni 82 z’Amayero asaga miliyari 140 Frw na miliyari 15 z’Ama-Yen y’u Buyapani arenga miliyari 138 Frw.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje urutonde rwa nyuma  rw’abantu 54 bazahatanira umwanya umwe wo kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame yaganiriye n’Umuyobozi Mukuru wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, (AfDB) Dr. Sidi Ould Tah ku bufatanye hagati y’u Rwanda n’iyi Banki  n’ingamba zo kwihutisha ishoramari n’iterambere ry’ubukungu muri Afurika.