Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuriye abahagarariye ibihugu by’amahanga mu Rwanda ingamba ikomeje gushyira mu bikorwa zo guhangana n’ibinyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage no gukomeza kubaka umuryango ushoboye guhangana n’ibibazo bishobora kuwugariza.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iteganyagihe Meteo Rwanda cyatangaje ko mu gihembwe cy’imvura y’Umuhindo wa 2026 gitangira muri Nzeri kugera mu Ukuboza, giteganyijwemo imvura iri hagati ya milimetero 300 na 1000, ikaba iri hejuru y’impuzandengo y’isanzwe igwa muri icyo gihe.
Abayobozi n’abahagarariye ibigo by’abikorera barenga 200 bo mu Rwanda na Brésil bahuriye i São Paulo mu nama y’ubucuruzi, baganira ku buryo ibihugu byombi byarushaho kwagura umubano w’ubucuruzi n’ishoramari.
Polisi y’u Rwanda n’iya Koreya y’Epfo (KNPA) zasinyanye amasezerano y’ubufatanye agamije gushimangira imikoranire hagati y’inzego zombi, by’umwihariko mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka no gusangizanya ubumenyi n’amakuru.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yaburiye Etienne Gatanazi ukomeje guha urubuga abagize uruhare muri muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barimo Charles Ndereyehe Ntahontuye wahamijwe ibyaha bya Jenoside agakatirwa burundu
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjirije u Rwanda miliyoni 12.95$ asaga miliyari 19 Frw mu minsi itanu.
Umubano wa Juvenal Habyarimana wayoboye u Rwanda imyaka 21 kugeza mu 1994 na Mobutu Sese Seko wayoboraga Zaïre (RDC y’ubu) wabaye Perezida kuva mu 1965 kugeza mu 1997 ntabwo wari ushingiye ku bufatanye mu bya politiki hagati y’ibihugu bayoboraga gusa ahubwo wari uw’ubucuti bwihariye hagati y’aba bombi.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ingengabihe y’amatora y’inzego zegerejwe abaturage ateganyijwe mu mpera za 2026, aho Abanyarwanda bazagira uruhare mu guhitamo abayobozi n’ababahagararira kuva ku Mudugudu kugera ku Karere.
Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, ndetse n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, bagiranye impaka zishingiye ku birebana n’Abanyamulenge, ubwicanyi bwabereye i Gatumba mu 2004 ndetse n’umutekano muke ukomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa RDC.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko igice cy’Umuhanda KN 4 Ave, uhera ku masangano y’imihanda yo mu Mujyi (Roundpoint)  ugana kuri Centenary House, kizafungwa by’agateganyo kubera imirimo yo gukoramo umuyoboro w’utwara amazi.